28.8 C
Africa
Tuesday, February 17, 2026
HomeNewsAmakuru akomeye kuri RDC: intambara yihishe inyuma y’ubutunzi bukomeye

Amakuru akomeye kuri RDC: intambara yihishe inyuma y’ubutunzi bukomeye

Date:

Related stories

After failed mediation Angola tries again in DR Congo will it work this time?

Nearly a year after his mediation effort stalled, Angola’s...

Navalny murder mystery: toxic dart frog claimed his life

European officials recently claimed that Alexei Navalny died after...
spot_imgspot_img

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ni kimwe mu bihugu bifite ubutunzi bukomeye muri Afurika, by’umwihariko mu bijyanye n’amabuye y’agaciro nka coltan, cobalt, na diamant. Ariko nubwo iyi mitungo kamere iriho, igihugu gikomeje kugaragaramo ubukene bukabije, aho benshi mu baturage bacyo babaho mu buzima bwo mu bukene, nta mahirwe ahagije yo gutera imbere. Ibi byose biterwa ahanini n’imicungire mibi y’ubutunzi bw’igihugu, intambara zidahagarara, n’ukutumva ko abaturage bagomba gushyirwa imbere.

Hashize imyaka myinshi RDC ihanganye n’intambara zikomeye, zimwe zishingiye ku moko n’uturere, izindi zituruka ku bikorwa byo kwambura ubutunzi bw’igihugu. Izi ntambara zidindiza iterambere, zigatuma abaturage bamwe bakomeza kumererwa nabi mu byabo bwite, mu gihe amabuye y’agaciro akomeza gusarurwa n’abanyamahanga n’ibihugu bibyegereye.

Ibibazo by’uburenganzira bw’abenegihugu by’umwihariko ku baturage bavuga Ikinyarwanda nabyo biracyari ingorabahizi. Abaturage bakomeje gukumirwa mu gihugu cyabo, bituma habaho kutumvikana no kutizerana hagati y’abaturage n’ubuyobozi. Abasesenguzi bibaza niba kwinangira kwemera aba baturage atari byo bidindiza iterambere rya RDC, kandi niba kuba igihugu kitita kuri aba baturage bitari bimwe mu byongera intambara n’imvururu.

Byongeye, hakomeje kuvugwa impungenge ko inyuma y’intambara hihishe inyungu z’amakoperative cyangwa ibihugu bihanganye ku butunzi bw’igihugu. Ibihugu bituranye n’u RDC biracyakomeza gusarura amabuye y’agaciro mu gihe leta idashyizeho ingamba zo kurinda abaturage n’umutungo kamere. Iki kibazo gishyira RDC mu mwanya mubi, aho igihugu gifite ubutunzi bwinshi ariko kidashobora kubukoresha mu iterambere ry’abaturage bacyo.

Umwanzuro w’ingenzi mu guca burundu ibi bibazo ni ugushyira abaturage imbere, gushyiraho politiki zikumira intambara, no kurengera ubutunzi bw’igihugu. Ibyo bizasaba ubuyobozi kwemera no gushyigikira uburenganzira bw’abaturage bose, harimo n’abavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, kugira ngo igihugu kibone ubumwe n’iterambere rirambye.

RDC iracyafite amahirwe yo kwiyubaka, ariko kuberako ititeguye gushyira  iterambere ry’igihugu imbere , ndetse ishyireho politiki ihamye yo guca intambara, kurengera abaturage, no gucunga neza umutungo w’igihugu , nitabikosora DRC izakomeza kudatera imbere.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here