38.4 C
Africa
Dinsdag, Februarie 3, 2026
HomeAmakuruAbanyeshuri baza Euto Ecole barasaba kurenganurwa nyuma yo gukorerwa uburiganya

Abanyeshuri baza Euto Ecole barasaba kurenganurwa nyuma yo gukorerwa uburiganya

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

Abanyeshuri biga gutwara ibiyabiziga baravuga ko bakorerwa uburiganya nyuma yo kwishyura amafaranga yo kubigisha ariko ntibahabwe amasomo bagenewe.

Bamwe mu banyeshuri biga gutwara ibinyabiziga baravuga ko bakorerwa uburiganya n’amashuri yigisha gutwara ibinyabiziga, aho bishyura amafaranga mbere yo gutangira kwiga, ukwezi kukarangira batigishijwe.

Ndayizeye Jean Damascène amaze ibyumweru 2 muri Kigali, yaturutse i Mahama mu Karere ka Kirehe aje kwiga gutwara moto.

Gusa icyizere cyo kuzasubira iwabo atwaye uruhushya rwo gutwara moto kirimo kuyoyoka kuko yishyuye amafaranga yasabwaga ariko mu byumweru 2 amaze, ngo yakoze kuri moto inshuro 3 gusa.

Iki kibazo kigaragara hirya no hino muri Kigali ahigishirizwa gutwara ibinyabiziga. Ubu urubyiruko rwaturutse mu cyaro rukirebererwa n’ababyeyi rufite ipfunwe ryo kuzasubirayo rudafite ibyangombwa bigaragaza ko rwize gutwara ibinyabiziga.

Mukotanyi Limu, umwarimu wigisha gutwara ibinyabiziga, we avuga ko umwarimu mwiza atigisha areba iminota ahubwo yita ku bumenyi aha umunyeshuri.

Amwe mu mashuri yigisha gutwara ibinyabiziga ntahakana ko hari igihe abanyeshuri baba benshi kubaha serivisi bigasaba gufata izindi ngamba.

Abanyeshuri biga gutwara ibinyabiziga basaba inzego zirimo polisi kugenzura imikorere y’amashuri yigisha gutwara ibinyabiziga kuko muri iki gihe hagaragara ubuhemu butuma bamwe bakisanga bari mu bihombo.

Latest stories

spot_img