33.6 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomePolitikeAbasirikare b’u Burundi bakijweho umuriro w’amasasu na M23 baba bagejejwe i Bujumbura...

Abasirikare b’u Burundi bakijweho umuriro w’amasasu na M23 baba bagejejwe i Bujumbura bacyambaye impuzankano za FARDC?

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

Abasirikare b’u Burundi baravugwaho gucyurwa nyuma yo kwigumura ku buyobozi bwabo, bakanga kwifatanya n’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) n’imitwe ya Wazalendo mu kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23. 

Umurundi Pacifique Nininahazwe uyobora umuryango FOCODE utabariza ababurirwa irengero, aherutse gutangaza ko abasirikare b’u Burundi hafi 200 boherejwe kurwanya umutwe wa M23 bacitsemo ibice, bamwe banga kujyayo kuko ngo ntibakomeza gupfira mu rugamba batazi impamvu yarwo. 

Kwanga kurwana kwatumye Brigadier Général Ndayizigiye Elie uzwi nka ‘Muzinga’, abanenga, abita ko bigaragambije ku bayobozi babohereje mu burasirazuba bwa RDC, kandi ngo bamwe yashatse kubategera ubwato ngo bacyurwe, bamwe barabyanga. 

Nininahazwe aravuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa 9 Ukuboza 2023, abasirikare 200 bari bambaye impuzankano y’igisirikare cya RDC, bagejejwe i Bujumbura, batwawe mu makamyo ane yari aherekejwe na Pickup ebyiri. 

Uyu Murundi ukurikiranira ibibera mu Burundi ari mu buhungiro yatangaje ko abasirikare biswe ‘abigometse’ bashobora kugezwa mu biro bishinzwe iperereza, kandi ko bashobora gufungwa. 

Avuga ko mu basirikare b’u Burundi bagiye kurwanya M23 hishwemo benshi, bamwe mu basigaye bahungiye mu mashyamba yo muri RDC, kugeza ubu bakaba bataraboneka, abandi bakaba baragiye bahura n’imitwe yitwaje intwaro, ikabambura byose bafite. 

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here