25.2 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomePolitikeAFC imaze iminsi itatu ivutse ihangayikishije Leta ya Amerika »Ambasaderi Lucy Tamlyin...

AFC imaze iminsi itatu ivutse ihangayikishije Leta ya Amerika »Ambasaderi Lucy Tamlyin  

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

Ambasade y’Amerika i Kinshasa yatangaje ko ihangayikishijwe cyane n’ishingwa rya Alliance du Fleuve Congo, rigizwe n’abarimo Corneille Nangaa wahoze ayobora Komisiyo y’Amatora (CENI) n’Umuyobozi wa Twirwaneho, Michel Rukunda, na M23, abantu bafatiwe ibihano na Amerika.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Ambasaderi wa Amerika, Lucy Tamlyin, yavuze ko Alliance du Fleuve Congo ari « ikibazo gikomeye ku baturage ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu gihe bitegura gukoresha mu mahoro uburenganzira bwabo mbonezamubano na politiki buteganwa mu itegeko nshinga rya Congo ».

Yagize ati: « Turahamagarira abo bireba bose bashishikajwe no guhagarika amakimbirane mu burasirazuba bwa DRC kubahiriza gahunda z’amahoro ziyobowe na Afurika, harimo inzira za Luanda na Nairobi ».

Akomeza avuga ati: «Twongeye gushimangira ko Amerika izatekereza gufata ingamba, harimo kubuza visa cyangwa izindi ngamba, mu kurwanya abangiza demokarasi cyangwa bahungabanya amahoro, umutekano ndetse n’ituze bya DRC n’akarere byegeranye »

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here