25.2 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomeAmakuruAFC/M23 yigaruriye ibirindiro bibiri bikomeye i Kaziba, FARDC n’Abayifasha basubira inyuma

AFC/M23 yigaruriye ibirindiro bibiri bikomeye i Kaziba, FARDC n’Abayifasha basubira inyuma

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

 

Imirwano imaze iminsi itatu ihanganishije AFC/M23 n’Ingabo za FARDC ifatanyije na Wazalendo ndetse n’ingabo z’u Burundi, yakomeje gukara kuri uyu wa Kane mu gace ka Kaziba, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Amakuru dukesha urubuga rwa Tazama RDC yemeza ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 4 Ukuboza 2025, AFC/M23 yigaruriye ibirindiro bibiri by’ingenzi, bituma FARDC n’abafatanyabikorwa bayo basubira inyuma.

Nubwo FARDC ikomeje kurwana ngo irinde ibindi bice itaravaho, ibimenyetso bigaragaza ko ingufu zayo zigenda zigabanuka, nyuma y’imirwano ikomeye imaze iminsi itatu.

Mu gace ka Katogota–Kamanyola, hahise habaho umutuzo muke mu gitondo, ariko inzego z’umutekano zivuga ko igihe cyose umutekano ushobora guhinduka , kuko impande zombi zikomeje kwitegura kongera kugaba ibitero.

Kugeza ubu ntiharamenyekana neza ugenzura agace ka Katogota, kuko AFC/M23 n’ igisirikare cya Congo FARDC gifatanyije n’ingabo z’u Burundi na Wazalendo bakomeje guhangana mu buryo bukomeye.

AFC/M23 yigaruriye ibirindiro bibiri bikomeye i Kaziba, FARDC n’Abayifasha basubira inyuma

 

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here