22.7 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomePolitikeAmakuru atari meza akomeje kuvugwa ku Basirikare b’u Burundi nyuma y’uko basubiye...

Amakuru atari meza akomeje kuvugwa ku Basirikare b’u Burundi nyuma y’uko basubiye mu Burundi banze kurwana na M23

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Mu gihugu cy’u Burundi hari kuvugwa inkuru ku basirikare babo, nyuma y’uko hari bamwe mu basirikare b’iki gihugu bagera kuri 500, banze kurwana intambara y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23.  

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Ubu hari amakuru avuga ko bashobora kuba bafunzwe, uko bagera kuri 500. 

Amakuru yatangajwe na Radio Publique Africaine (RPA) yavugaga ko indege ya mbere yageze i Bujumbura itwaye bariya basirikare yari inarimo imirambo 10 ya bagenzi babo biciwe mu mirwano ya M23 ndetse n’inkomere 18.  

Bivugwa ko kuva muri Mata uyu mwaka u Burundi bwohereje abasirikare ibihumbi muri Congo gutanga umusada kuri FARDC mu kurwanya umutwe wa M23. 

Ibi byashyizwe mu bikorwa nyuma y’amasezerano yasinywe hagati ya  ba Perezida Tshisekediwa RDC na Evariste w’u Burundi.  

Nyuma y’uko bamwe mu boherejwe muri Congo batashye kubera umuriro w’amasasu barasheho na M23, abasaga 500 bakaba bafungiwe mu Burundi.  

Umwe mu basirikare batashye yavuze ko nyuma yo kuraswaho umuriro wa masasu nta yandi mahitamo bari bafite uretse gushaka indege ibasubiza mu Burundi. 

Hari amakuru avuga ko aba basirikare bakigera i Bujumbura bahise bamburwa telefone zabo, mbere y’uko bajyanwa ku mbaraga ku kigo cya gisirikare cya Muzinda.  

Bamwe mu bari mu miryango y’aba basirikare bavuze ko kuva ku Cyumweru tariki ya 10 Ukubozabagiye gufungirwa ahantu hatandukanye mu gihugu cy’u Burundi. 

Ku rundi ruhande kandi ngo aba basirikare bafunzwe mu buryo bubi cyane , kuko bamwe muribo bakigera mu Burundi bwa mbere bahise bakurwamo imyenda bari bambaye aho basigaranye imyenda y’imbere ku buryo ari na yo bose baraye bambaye.  

Kugeza ubu igisirikare cy’u Burundi nta cyo kiravuga kuri aya makuru ndetse biragoye ko hari icyo cyayavugaho. 

Nubwo aya makuru akomeje gusakara, ubuyobozi bw’ingabo z’u Burundi bwakunze guhakana ko bwaba bwarohereje Ingabo zo guha umusada FARDC, mu ntambara iri kubera mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here