31.4 C
Africa
Vrydag, Maart 6, 2026
HomeAndi makuruAmbasade y’u Rwanda muri UAE yasabye abanyarwanda gukurikiza amabwiriza y’umutekano

Ambasade y’u Rwanda muri UAE yasabye abanyarwanda gukurikiza amabwiriza y’umutekano

Date:

Related stories

Amagana y’Abihinduje Igitsina Basabwe Gusubirishamo Indangamuntu Zigaragaza Ibitsina Bahawe Bakivuka

Amagana y’abantu bihinduje igitsina (transgender) n’abiyumva mu byiciro bitari...

Mediterane: Ubwato bw’Uburusiya butwara LNG Arctic Metagaz bwarohamye, Moscow ishinja Ukraine igitero cya drones

Ubwato bw’Uburusiya butwara umwuka kamere utunganyije (Liquefied Natural Gas...

Cuba mu Mwijima: Miliyoni z’abaturage Babuze amashanyarazi Nyuma y’ihungabana ry’uruganda rukuru

Miliyoni z’abaturage bo muri Cuba  kurubu bahanganye n’ibura ry’amashanyarazi...

Rwanda: Inama y’Abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’agateganyo ry’imfungwa 1,874

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu i Kigali iyobowe...

Gisagara: Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume bapfuye avoka enye

Umugabo wo mu Karere ka Gisagara ari mu maboko...
spot_imgspot_img

Ambasade y’u Rwanda ikorera mu bihugu  by’Abarabu (UAE) yasohoye itangazo rimenyesha Abanyarwanda baba muri UAE na Bahrain ko bagomba gukomeza gukurikiza amabwiriza y’umutekano atangwa n’inzego zibishinzwe mu bihugu barimo, bitewe n’uko umutekano w’akarere uri gukomeza guhinduka.

Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 6 Werurwe 2026  Abu Dhabi rivuga ko ari ngombwa ko Abanyarwanda baba muri ibyo bihugu bakomeza gukurikira amakuru atangwa n’inzego zemewe kandi bakubahiriza amabwiriza y’inzego z’umutekano z’ibihugu babamo.

Ambasade y’u Rwanda muri UAE yagaragaje ko kugeza ubu nta Munyarwanda uratangazwa ko yagize ikibazo cy’umutekano, ariko isaba abaturage gukomeza kwitwararika no gukurikiza amabwiriza atangwa n’inzego zibishinzwe.

Muri iri tangazo, Ambasade yanatangaje ko iri gukorana na kompanyi y’indege ya RwandAir ndetse n’izindi nzego bireba kugira ngo hategurwe ingendo zishobora gutahura Abanyarwanda bashaka gusubira mu Rwanda.

Abanyarwanda baba muri UAE na Bahrain bifuza gutahuka basabwe kwiyandikisha kuri Ambasade vuba bishoboka kugira ngo byorohere inzego zibishinzwe gutegura neza gahunda y’ingendo zishobora gutegurwa.

Ambasade n’ibiro bya Konsula by’u Rwanda muri UAE byatangaje ko bikomeje kuboneka kugira ngo bitange ubufasha n’inama ku Banyarwanda bose babikeneye muri iki gihe.

Abanyarwanda baba muri ibyo bihugu basabwe gukomeza gutuza, gukurikira amakuru atangwa n’inzego zemewe ndetse no kugana Ambasade igihe cyose bakeneye ubufasha.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here