38.4 C
Africa
Dinsdag, Februarie 3, 2026
HomeAmakuruBaba kobwa babiri Bigize ababikira ngo boroherwe no gucuruza ibiyobyabwenge

Baba kobwa babiri Bigize ababikira ngo boroherwe no gucuruza ibiyobyabwenge

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

Polisi yo mu birwa bya Caraïbes yatahuye abagore batatu bari bigize ababikira bagira ngo babashe gutwara ibiyobyabwenge bita cocaine mu myambaro nk’iy’ababikira ntawe ubatahuye kuko bakekaga ko nta wakeka iyo ngeso ku babikira.

Aba batekamutwe bafatanywe ibiro bibiri bya cocaine bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 19 na miliyoni 470. Bafashwe bavuye mu gihugu cya Colombia bajyanye iyi cocaine ku kirwa gitembererwa na ba mukerarugendo benshi cyitwa San Andres.

Amakuru atangazwa n’ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) aravuga ko aba bacuruzi bafashe ibyo biyobyabwenge babyihambirira ku mubiri wabo maze barenzaho imyambaro nk’iy’ababikira ngo bajijishe.

Jorge Gomez ukuriye Polisi mu gace ka San Andres yagize ati “Ubusanzwe imyambaro y’ababikira iba isa n’itabegereye cyane ku buryo bibwiraga ko tutari burabukwe ko bambariyemo ibindi bintu. Nanone kandi bibwiraga ko kuba basa n’ababikira bizatuma abapolisi batabasaka uko bikwiye.”

 Bari biyambitse nk’ababikira ngo hatagira ubakemanga.

Bari biyambitse nk’ababikira ngo hatagira ubakemanga.

Ibihugu bya Colombia na Perou bifatwa nk’ibikomokamo cocaine nyinshi ku isi yose, benshi bakaba bayigemura ku masoko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique, Esipanye na Thailande.

Abacuruza cocaine bagerageza uburyo bwinshi bwo kuyihisha, burimo kuyihisha muri za mudasobwa, mu bitabo, mu mavuta y’abagore, mu nkweto n’ahandi.

Hari na bamwe bagiye batahurwaho kuyifunga mu dusashi bakatumira, bazagera iyo bayijyanye bakagerageza kuyigarura n’ubwo bibagiraho ingaruka nyinshi.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here