33.6 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomeAmakuruBarabivuga iki? itsinda rya Kigali Boss Babies rikomeje guhabwa  urwamenyo nyuma y'ibirori...

Barabivuga iki? itsinda rya Kigali Boss Babies rikomeje guhabwa  urwamenyo nyuma y’ibirori bya Trace Award

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...
spot_imgspot_img

Abakobwa bagize itsinda rya Kigali Boss Babies uko bari babiri; Queen Douce ndetse na Alliah Cool, ubwo bari bahamagawe ngo batange igihembo cy’umuhanzi mwiza w’umugabo cyatwawe na Davido, basa nk’aho babanje gucangwa n’imbaga y’abantu bari bahagaze imbere.

Ubwo bari bamaze gucishaho abahanzi bari bahataniye ibi bihembo, uwitwa Alliah Cool ntiyamenye ibyabaye ahubwo we yabanje kwivuga ibigwi ati: “Kigali, turi Kigali Boss Babies, Abafana bacu murihe?” Naho ntiyamenya ko abahatanye barangije kwerekanwa kare.

Nyuma yo kwivuga byinshi niko guhita agira ati” Mureke noneho turebe abahatanye”, abantu bamuhaye urwamenyo bamubwira ko bavuyeho kare, niko guhita batangaza uwatsinze ariko nyine ubona ko umutima utari hamwe.

Uwitwa Ednut Tunde, umuhanzi akaba n’umwe mu bakomeye muri Nigeria uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga ndetse akaba n’inshuti y’akadasohoka ya Davido, yashyizeho amashusho y’aba bakobwa batangaza ko uwatsinze ari Davido arangije ati”Wirengagize amakosa yakozwe, ahubwo wite ku bigwi Davido ari gukora”.

https://youtube.com/live/DjVUGW38iVY

Latest stories

spot_img