18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruBasketball: U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’amajonjora y’Igikombe cya Afurika

Basketball: U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’amajonjora y’Igikombe cya Afurika

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball muri Afurika ryatangaje u Rwanda nk’igihugu kizakira imikino y’amajonjora y’Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 16 mu Karere k’Iburasirazuba “U-16 Zone V African Basketball Championship Qualifiers”.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Iyi mikino izakinwa mu byiciro byombi; abahungu n’abakobwa, iteganyijwe tariki 27-30 Kamena 2023 aho izitabirwa n’ibihugu nk’u Rwanda, u Burundi, Uganda, Kenya, Tanzania, Misiri, Sudani y’Epfo, Djibouti, Somalia na Ethiopia.

Amakipe atandatu muri aya aziyongera kuri Algérie, Angola, Misiri, Uganda na Tunisia mu mikino y’Igikombe cya Afurika izabera muri Tunisia tariki 13-22 Nyakanga 2023.

Ikipe zizegukana iri rushanwa zizabona itike y’Igikombe cy’Isi ‘FIBA U17 Basketball World Cup’ mu 2024 mu bahungu n’abakobwa. Mu rwego rwo kwitegura neza iyi mikino, mu mpera z’ukwezi, Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda ryakoresheje ingando zo gutegura abana bazatoranywamo abazitabira irushanwa.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here