Umuhanzi Kalifah AgaNaga yagiriye inama mugenzi we Bebe Cool, amusaba kureka gushyira imbaraga nyinshi mu gushaka kwinjira ku rwego mpuzamahanga, ahubwo akibanda ku gukomeza gukora umuziki uhoraho kandi ujyanye n’igihe.
Ibi Kalifah yabitangaje nyuma y’uko Bebe Cool asohoye album ye Break The Chains, umushinga uyu muhanzi yavuze ko wari ugamije gufasha umuziki we kurenga imbibi za Uganda. Nubwo bimeze bityo, Kalifah AgaNaga asanga isoko ry’umuziki ryo muri iki gihe rishobora kutakira byoroshye Bebe Cool, cyane ko amaze igihe kinini azwi mu ruganda rw’umuziki.
Kalifah yavuze ko urubyiruko rukunze gukurikira umuziki muri iki gihe rushobora kutamwakira byoroshye, kuko rumuzi kuva kera. Yongeyeho ko Bebe Cool yamenyekanye cyane mu bihe by’abahanzi bakomeye ku mugabane wa Afurika barimo 2Face na D’Banj, ari na byo bihe byari bikwiye kumufasha kwagura umuziki we binyuze mu mikoranire mpuzamahanga.
📰 Also Read This:
Ati:“Icyo gihe ni cyo cyari amahirwe meza yo gukorana n’abo bahanzi, ariko hibanzwe cyane ku kumenyekana imbere mu gihugu, hibandwa ku gucurangwa ku maradiyo no ku ndirimbo zakunzwe nka Straka.”
Nubwo amunenga kuri ayo mahirwe atabyajwe umusaruro, Kalifah AgaNaga yavuze ko bidakwiye gushinja Bebe Cool cyane, kuko inganda z’umuziki zari zigikura. Yagaragaje ko icyo gihe hari imbogamizi zirimo ubushobozi buke bw’amafaranga, ubumenyi buke n’imiyoboro mike yo kugera ku masoko mpuzamahanga.
Ati:“Sinamushinja cyane, kuko bishoboka ko atari afite ubushobozi buhagije bwo gushora amafaranga menshi mu muziki we. Ikindi, icyo gihe abantu benshi barebaga televiziyo zo mu gihugu nka Bukedde, mu gihe DStv yari itaragera kuri benshi.”
Kalifah yongeyeho ko kuba urwego rw’inganda z’umuziki muri Uganda rwarari rutaratera imbere cyane, byatumye abahanzi bagira amahirwe make yo kumenyekana hanze y’igihugu.
Ku bijyanye n’ahazaza ha Bebe Cool, Kalifah AgaNaga asanga ashobora gukomeza kuba umuhanzi wubashywe kandi ufite ijambo mu muziki, aramutse yibanze ku gukomeza gukora indirimbo nshya aho guharanira cyane gutsinda ku rwego mpuzamahanga.
Yagize ati:“Icyo akeneye ubu ni ugukomeza, agasohora indirimbo nyinshi.”






