22.7 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAndi makuruBiravugwa ko Abakozi 500 bashobora kuva muri OpenAI yakoze ChatGPT

Biravugwa ko Abakozi 500 bashobora kuva muri OpenAI yakoze ChatGPT

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Nyuma y’uko uwahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’ikoranabuhanga OpenAI, Sam Altman yirukanwe, abakozi bacyo barenga 500 basabye ko abagize Inama y’Ubutegetsi yacyo bose begura, bitaba ibyo aba bakaba ari bo basezera mu kazi.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Batangaje ibi nyuma yo kugaragaza ko batishimiye iyirukanwa rya Sam Altman, bakerekana ko ari ingaruka z’ubuyobozi bubi ndetse no kutareba kure byatumye uyu muyobozi wabo agenda.

Sam Altman yirukanwe ku wa 17 Ugushyingo 2023, ashinjwa imikorere mibi ndetse no kudakorana neza n’inama y’ubutegetsi ya OpenAI, ikigo kinafite mu nshingano ChatGPT.

Nyuma y’iminsi itatu gusa asezerewe yahise ahabwa akazi muri Microsoft, ibintu byashenguye cyane aba bakozi.

Mu ibaruwa yabonywe na CNN aba bakozi bose basinyeho, bagaragaje ko iyi Nama y’ubutegetsi yitwaye nabi mu kibazo cya Altman ndetse ngo inanirwa gutanga ibisobanuro bitomoye by’uburyo Altman atayibaniye.

Bati “Ibikorwa byanyu bigaragaza ko mu byukuri mudashoboye kureberera OpenAI. Ntabwo dushoboye gukorera ikigo cyangwa abantu batagira guhangana muri bo, gufata ibyemezo bikwiriye ndetse no kwita ku bakozi n’intego y’ikigo.”

Bagaragaje ko ubu busabe bwabo nibutubahirizwa mu maguru mashya barakurikira Altman muri Microsoft, basaba ko kandi uretse kwegura kw’abagize inama y’ubutegetsi, bashaka ko Altman agarukana na Greg Brockman wahoze ari perezida wa OpenAI na we wirukanwe ku wa 17 Ugushyingo mu 2023.

OpenAI yashinzwe mu 2015 igamije guteza imbere ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano, rikaba ryafasha ikiremwa muntu mu mirimo itandukanye ibyara inyungu.

Icyo gihe yatangizanyijwe ishoramari ry’arenga miliyari y’Amadolari ya Amerika.

Yatangijwe n’abaherwe batatu barimo Sam Altman uherutse kwirukanwa, Sutskever ndetse na Elon Musk wasezeye muri iki kigo mu 2018 nyuma yo kutumvikana na bagenzi be ku cyerekezo nyamukuru cy’iki kigo.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here