18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomePolitikeBitunguranye ibyo Igisirikare cya FARDC gikoreye umutwe wa FDLR nyuma y’uruzundiko Umuyobozi...

Bitunguranye ibyo Igisirikare cya FARDC gikoreye umutwe wa FDLR nyuma y’uruzundiko Umuyobozi wa Amerika yagiriye mu Rwanda no muri RDC byatunguye benshi

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyasohoye itangazo ryatunguye benshi, aho ku nshuro ya mbere cyemeye ko umutwe wa FDLR uhari ndetse gitanga gasopo ku musirikare uzafatwa akorana nawo.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Ni ibintu byaje bitunguranye kuko imyaka igiye kuba ibiri icyo gisirikare gifatanya na FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro mu ntambara bahanganyemo na M23, kugeza ubwo bamwe mu bayobozi ba RDC bagiye bumvikana mu bihe bitandukanye, bita abagize FDLR ‘Abavandimwe’.

Nka Perezida Tshisekedi we yigeze kuvuga ko FDLR ari abantu batagize icyo batwaye, kandi ko yiteguye gufasha uwo ari we wese ufite intego zo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Mu itangazo ryasomwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cya RDC mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu, Gen Major Sylain Ekenge, yaburiye abasirikare ko uzafatwa akorana na FDLR azahanwa bikomeye.

Nubwo atavuze niba hari abasirikare baba basanzwe bakorana n’uwo mutwe, Ekenge yagize ati “Igisirikare cya RDC (FARDC) kiramenyesha abasirikare bose ko babujijwe umubano uwo ari wo wose na FDLR. Uzakora ibinyuranyije n’ayo mabwiriza azatabwa muri yombi, akurikiranwe n’amategeko y’igisirikare. Nta kujenjeka kuzabaho.”

Uku kwitanguranwa kwa Congo kwatunguranye, icyakora bigahuzwa n’uruzundiko Umuyobozi ushinzwe ubutasi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Avril Haines yagiriye i Kinshasa, agahura na Perezida Felix Tshisekedi kuri uyu wa Kabiri.

Urwo ruzinduko rwakurikiye urwo yagiriye mu Rwanda ku Cyumweru tariki 19 Ugushyingo 2023, aho impande zombi ziyemeje gutera intambwe mu kugabanya umwuka mubi umaze iminsi hagati y’u Rwanda na RDC.

Raporo y’impuguke za Loni ku mutekano wo mu Burasirazuba bwa Congo, imaze igihe igaragaza imikoranire yeruye hagati ya FDLR n’igisirikare cy’icyo gihugu. FDLR ni umutwe ufatwa nk’uw’iterabwoba kandi washinzwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umutwe wa M23 nawo umaze igihe ugaragaza bamwe mu barwanyi ba FDLR wagiye ufatira ku rugamba bambaye impuzankano y’ingabo za Congo, bagatanga ubuhamya bugaruka ku mikoranire ya hafi y’icyo gisirikare n’uwo mutwe.

Corneille Nangaa wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’Amatora muri Congo na we aherutse gutangaza ko bamwe mu barwanyi ba FDLR binjijwe mu mutwe udasanzwe w’abarinda Perezida Felix Tshisekedi.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here