25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeBitunguranye nyuma yo kwihuza kwa Nangaa na M23 bitumye Leta ya RD-Congo...

Bitunguranye nyuma yo kwihuza kwa Nangaa na M23 bitumye Leta ya RD-Congo ihamagaza Ambasaderi wayo i Nairobi na Dar es Salaam

Date:

Related stories

“Abatutsi Baremewe Kwicwa?”: Ubutumwa bukomeye bwa Obadioas Kavune ku mahanga n’imiryango mpuzamahanga.

Mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, ijwi rikomeye ryongeye kugaruka ku bibazo by’umutekano n’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.  Obadioas Kavune, umunyabwenge n’Umunyamulenge uzwiho kugaragaza ibitekerezo byimbitse ku mateka n’akarengane karanze ubuzima bw’Abatutsi bo muri Congo, yatanze ubutumwa bukomeye abinyujije kuri MCN, abugenera amahanga n’imiryango mpuzamahanga.  Mu magambo arimo intimba n’uburakari, Kavune yabajije ikibazo gikomeye gikomeje kwibazwa na benshi: “Ese Abatutsi bo muri Congo baremewe gupfa?” Iki kibazo ntiyagitanze nk’ikirimo amarangamutima gusa, ahubwo yagishingiye ku mateka maremare y’ubwicanyi, itotezwa n’ihohoterwa byagiye bikorwa ku Batutsi mu bihe bitandukanye, amahanga akenshi akabirebera cyangwa akabyirengagiza.  Kavune yagaragaje ko mu gihe isi ikomeza kwigira umuvugizi w’uburenganzira bwa muntu, hari abaturage bamwe bagaragaye nk’abadakorwaho, naho abandi bakemererwa gupfa ntawe ubavugiye. Yavuze ko guceceka kw’amahanga ku bikorerwa Abatutsi bo muri Congo atari impanuka, ahubwo ari ihitamo rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu.  Agaruka ku mateka ya kera, Kavune yibukije ko mu 1964, mu mvururu zari ziyobowe na Pierre...

RDC igiye gushyiraho sisiteme nshya, ihuriweho kandi y’ikoranabuhanga mu gusuzuma indwara

  Mu rugendo rwo kunoza serivisi z’ubuvuzi no kongera ireme...

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...
spot_imgspot_img

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahamagaje ba Ambasaderi bayo i Nairobi n’i Dar es Salaam, nyuma y’amasaha make Corneille Nangaa wahoze akuriye Komisiyo y’amatora muri iki gihugu yihuje n’imitwe irimo M23.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Ku wa Gatanu tariki ya 15 Ukuboza ni bwo Nangaa wari kumwe n’abarimo Bertrand Bisimwa ukuriye Ishami rya Politiki muri M23 bashinze ihuriro bise Alliance Fleuve Congo.

Umuhango wo gushinga iri huriro rya Politiki ariko rinafite umutwe wa gisirikare wabereye i Nairobi muri Kenya.Nyuma y’iri huriro rigamije kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi, RDC yahise yikoma Kenya ku bwo kwemera ko ririya huriro rishingirwa ku butaka bwayo.

Ibiro Ntaramakuru by’Abanye-Congo byatangaje ko nyuma y’ibyabaye, RDC yamaze gumagaza ba Ambasaderi barimo uwayo muri Kenya ndetse n’uwa EAC ufite icyicaro muri Tanzania, mu rwego rwo «kubagisha inama»

Bariya badipolomate bahamagajwe i Kinshasa, mu gihe Guverinoma ya RDC biciye muri Minisitiri Patrick Muyaya usanzwe ari umuvugizi wayo yari yatangaje ko Kenya igomba gutanga ibisobanuro. Ni Muyaya wanashimangiye ko kiriya gikorwa «kizagira ingaruka»

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here