25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruBukayo Saka yongeye kuvugisha imbaga nyamwishi nyuma yo guhigika ibihangange akabitwara igihembo

Bukayo Saka yongeye kuvugisha imbaga nyamwishi nyuma yo guhigika ibihangange akabitwara igihembo

Date:

Related stories

“Abatutsi Baremewe Kwicwa?”: Ubutumwa bukomeye bwa Obadioas Kavune ku mahanga n’imiryango mpuzamahanga.

Mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, ijwi rikomeye ryongeye kugaruka ku bibazo by’umutekano n’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.  Obadioas Kavune, umunyabwenge n’Umunyamulenge uzwiho kugaragaza ibitekerezo byimbitse ku mateka n’akarengane karanze ubuzima bw’Abatutsi bo muri Congo, yatanze ubutumwa bukomeye abinyujije kuri MCN, abugenera amahanga n’imiryango mpuzamahanga.  Mu magambo arimo intimba n’uburakari, Kavune yabajije ikibazo gikomeye gikomeje kwibazwa na benshi: “Ese Abatutsi bo muri Congo baremewe gupfa?” Iki kibazo ntiyagitanze nk’ikirimo amarangamutima gusa, ahubwo yagishingiye ku mateka maremare y’ubwicanyi, itotezwa n’ihohoterwa byagiye bikorwa ku Batutsi mu bihe bitandukanye, amahanga akenshi akabirebera cyangwa akabyirengagiza.  Kavune yagaragaje ko mu gihe isi ikomeza kwigira umuvugizi w’uburenganzira bwa muntu, hari abaturage bamwe bagaragaye nk’abadakorwaho, naho abandi bakemererwa gupfa ntawe ubavugiye. Yavuze ko guceceka kw’amahanga ku bikorerwa Abatutsi bo muri Congo atari impanuka, ahubwo ari ihitamo rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu.  Agaruka ku mateka ya kera, Kavune yibukije ko mu 1964, mu mvururu zari ziyobowe na Pierre...

RDC igiye gushyiraho sisiteme nshya, ihuriweho kandi y’ikoranabuhanga mu gusuzuma indwara

  Mu rugendo rwo kunoza serivisi z’ubuvuzi no kongera ireme...

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...
spot_imgspot_img

Bukayo Saka ukinira ikipe y’Arsenal yo mu cyiciro cya mbere muri shampiyona y’Ubwongereza, yangoye gutorwa nk’umukinnyi mwiza w’Umwongereza w’umwaka ushize, ahigitse abandi bakomeye.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Kuri uyu wa kabiri uyu mukinnyi w’imyaka 22 ugaragaza impano idasanzwe, yongeye gutorwa nk’umukinnyi mwiza, mu majwi y’abatora yongere kwisubiza umwanya wa mbere yisubiza igihembo yatwaye 2021-2022.

Umukinnyi Jude Bellingham ukinira Real Madrid, agakina mu ikipe y’Igihugu y’Ubwongereza mu kibuga hagati yaje amukurikiye mu majwi, Harry Kane Kapiteni w’Ubwongereza, watsinze ibitego byinshi kurusha abandi aza ku mwanya wa gatatu.

Bukayo Saka mu mikino 10 yakiniye Igihugu cy’Ubwongereza umwaka ushize, yatsinze ibitego 7, harimo na hat-trick yatsinze North Macedonia.

Mu gikombe cy’Isi cyakiniwe muri Qatar, uyu mukinnyi yatsinzemo ibitego 3, harimo bibiri yatsinze ikipe ya Iran ubwo bari bayitsinze 6-2, na kimwe yatsinze Igihugu cya Senegal.

Bukayo Saka kandi yatsindiye igihembo cy’umukinnyi muto witwaye neza muri English Premier league umwaka ushize (PFA young player of the year), mu mikino yose yahampagawe ni 28 yatsinzemo ibitego 11.

Kuri ubu ari mu bakinnyi bazifashishwa n’umutoza Gareth Southgate, mu mukino wo gusha itike ya Euro ku wa gatandatu bazahura na Ukraine, no mu mukino wa gicuti bazakina na Scotland.

Latest stories

spot_img