25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruBuri munsi turicwa ariko turataka ntihagire udutabara kubera inyungu za Kinshasa —...

Buri munsi turicwa ariko turataka ntihagire udutabara kubera inyungu za Kinshasa — Ubutumwa bwa Gen. Mayele buhishura intimba n’akarengane mu ngabo za FARDC mu Burasirazuba bwa RDC

Date:

Related stories

“Abatutsi Baremewe Kwicwa?”: Ubutumwa bukomeye bwa Obadioas Kavune ku mahanga n’imiryango mpuzamahanga.

Mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, ijwi rikomeye ryongeye kugaruka ku bibazo by’umutekano n’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.  Obadioas Kavune, umunyabwenge n’Umunyamulenge uzwiho kugaragaza ibitekerezo byimbitse ku mateka n’akarengane karanze ubuzima bw’Abatutsi bo muri Congo, yatanze ubutumwa bukomeye abinyujije kuri MCN, abugenera amahanga n’imiryango mpuzamahanga.  Mu magambo arimo intimba n’uburakari, Kavune yabajije ikibazo gikomeye gikomeje kwibazwa na benshi: “Ese Abatutsi bo muri Congo baremewe gupfa?” Iki kibazo ntiyagitanze nk’ikirimo amarangamutima gusa, ahubwo yagishingiye ku mateka maremare y’ubwicanyi, itotezwa n’ihohoterwa byagiye bikorwa ku Batutsi mu bihe bitandukanye, amahanga akenshi akabirebera cyangwa akabyirengagiza.  Kavune yagaragaje ko mu gihe isi ikomeza kwigira umuvugizi w’uburenganzira bwa muntu, hari abaturage bamwe bagaragaye nk’abadakorwaho, naho abandi bakemererwa gupfa ntawe ubavugiye. Yavuze ko guceceka kw’amahanga ku bikorerwa Abatutsi bo muri Congo atari impanuka, ahubwo ari ihitamo rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu.  Agaruka ku mateka ya kera, Kavune yibukije ko mu 1964, mu mvururu zari ziyobowe na Pierre...

RDC igiye gushyiraho sisiteme nshya, ihuriweho kandi y’ikoranabuhanga mu gusuzuma indwara

  Mu rugendo rwo kunoza serivisi z’ubuvuzi no kongera ireme...

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...
spot_imgspot_img

 

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Jenerali Mayele, umwe mu bayobozi bakuru b’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yatanze ubutumwa bukomeye bwateje impaka ndende, agaragaza umubabaro n’umunaniro ukabije avuga ko we n’ingabo ayoboye bamazemo igihe mu ntambara yo mu Burasirazuba bw’igihugu, batagira ubufasha n’ubwishingizi bukwiye.

Mu butumwa bwakwirakwiye ku wa Mbere, Gen. Mayele yagaragaje ko abasirikare bari ku mirongo y’imbere bakomeje gupfa buri munsi, atari ku nyungu z’igihugu muri rusange, ahubwo ku nyungu za politiki z’i Kinshasa. Yavuze ko aba basirikare batereranywe, badafite ibikoresho bihagije, inkunga ya ngombwa n’ubufasha bwihuse bwatuma barinda ubuzima bwabo n’ubw’abaturage.

Yagize ati: “Nimureke M23 yinjire i Fizi. Nanze ko dukomeza gutura ibitambo abaturage b’inzirakarengane n’urubyiruko rwacu ku nyungu z’abantu b’i Kinshasa batadutekereza.”

Aya magambo yakomeje gutuma benshi bibaza ku cyerekezo nyacyo cy’iyi ntambara, cyane ko Jenerali Mayele ashimangira ko abahitanwa nayo cyane ari abaturage bo mu gace ka Fizi n’urubyiruko rwaho, mu gihe bo batabona inyungu ifatika ibaturukamo. Yagaragaje ko hari aho ingabo ayoboye zigeze kurwana urugamba rukomeye i Luvungi zitabonye na mba inkunga ya Leta, ibintu asobanura nk’uburangare bukabije bw’ubuyobozi bukuru.

Ati: “Abategetsi baza i Uvira, ariko nta bufasha bufatika baduha. Iyi ntambara ni iya politiki. Nituramuka tubonye ko M23 iza kugirira nabi abaturage, tuzayirwanya. Ariko niba izanye ituze n’umutekano, nibayireke igere hose.”

Ubu butumwa bwafashwe nk’ubuhamya bukomeye bwerekana icyuho kinini kiri hagati y’ubuyobozi bukuru bwa RDC n’uturere two mu Burasirazuba, cyane cyane ku bijyanye n’imiyoborere y’umutekano, imibereho y’abasirikare n’ubwirinzi bw’abaturage.

Abasesenguzi bemeza ko amagambo ya Gen. Mayele ashobora kuba intangiriro y’indi mpaka nini mu nzego z’umutekano za RDC, ndetse akagaragaza ku mugaragaro ikibazo cy’ukudahuza n’ukutizerana hagati ya Kinshasa n’ingabo ziri ku rugamba. Ibi bikaba bishobora kugira ingaruka zikomeye ku hazaza h’umutekano w’igihugu, mu gihe intambara n’amakimbirane byo mu Burasirazuba bikomeje gufata indi ntera, bigasiga abaturage mu rungabangabo rw’akababaro n’ubwoba budashira.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here