25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeBurundi: Abasirikare boherejwe muri Congo kugarura amahoro barashinjwa gufata kungufu abagore n’abakobwa...

Burundi: Abasirikare boherejwe muri Congo kugarura amahoro barashinjwa gufata kungufu abagore n’abakobwa ubwo bari mu butumwa

Date:

Related stories

“Abatutsi Baremewe Kwicwa?”: Ubutumwa bukomeye bwa Obadioas Kavune ku mahanga n’imiryango mpuzamahanga.

Mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, ijwi rikomeye ryongeye kugaruka ku bibazo by’umutekano n’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.  Obadioas Kavune, umunyabwenge n’Umunyamulenge uzwiho kugaragaza ibitekerezo byimbitse ku mateka n’akarengane karanze ubuzima bw’Abatutsi bo muri Congo, yatanze ubutumwa bukomeye abinyujije kuri MCN, abugenera amahanga n’imiryango mpuzamahanga.  Mu magambo arimo intimba n’uburakari, Kavune yabajije ikibazo gikomeye gikomeje kwibazwa na benshi: “Ese Abatutsi bo muri Congo baremewe gupfa?” Iki kibazo ntiyagitanze nk’ikirimo amarangamutima gusa, ahubwo yagishingiye ku mateka maremare y’ubwicanyi, itotezwa n’ihohoterwa byagiye bikorwa ku Batutsi mu bihe bitandukanye, amahanga akenshi akabirebera cyangwa akabyirengagiza.  Kavune yagaragaje ko mu gihe isi ikomeza kwigira umuvugizi w’uburenganzira bwa muntu, hari abaturage bamwe bagaragaye nk’abadakorwaho, naho abandi bakemererwa gupfa ntawe ubavugiye. Yavuze ko guceceka kw’amahanga ku bikorerwa Abatutsi bo muri Congo atari impanuka, ahubwo ari ihitamo rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu.  Agaruka ku mateka ya kera, Kavune yibukije ko mu 1964, mu mvururu zari ziyobowe na Pierre...

RDC igiye gushyiraho sisiteme nshya, ihuriweho kandi y’ikoranabuhanga mu gusuzuma indwara

  Mu rugendo rwo kunoza serivisi z’ubuvuzi no kongera ireme...

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...
spot_imgspot_img

Abasirikare b’Abarundi bari baroherejwe mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barashinjwa ibyaha birimo gusambanya abagore b’abanye-Congo, gushimuta ndetse no kujujubya abasivile.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Byatangajwe n’umuryango Burundi Human Rights Initiative (BHRI) uharanira uburenganzira bwa muntu, muri raporo wasohoye ku wa Gatanu tariki ya 15 Ukuboza 2023.

Iyi raporo ivuga ko abasirikare b’u Burundi batangiye guhohotera abanye-Congo mu mpera za 2021, ubwo boherezwaga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ikomeza igira iti: “Abahohotewe n’imiryango yabo bavuze ko abasirikare b’u Burundi ndetse n’abagize umutwe w’urubyiruko rwo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi (Imbonerakure)…bafashe ku ngufu, barashimuta, bafunga binyuranyije n’amategeko banafata nabi abasivile b’abanye-Congo kandi basahura ibyabo.”

BHRI ivuga ko nko muri Nzeri 2022, abasirikare b’Abarundi bafashe ku ngufu umugore wari kumwe na muramukazi we w’imyaka 16 y’amavuko; babasambanyiriza mu maso y’abana batatu.

Uyu muryango uvuga kandi ko nyuma abandi bagore benshi bafashwe ku ngufu n’abasirikare bari bambaye impuzankano y’Igisirikare cy’u Burundi banavuga Ikirundi.

U Burundi bumaze imyaka ibarirwa muri itatu bwarohereje mu burasirazuba bwa RDC Ingabo zo gufasha iza kiriya gihugu guhiga imitwe yitwaje intwaro ihakorera.

Kuri ubu imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu ikorera mu mahanga irasaba ko hakorwa iperereza, hanyuma abasirikare bagize uruhare muri ririya hohoterwa n’ababakuriye bagahanwa.

Iyi miryango kandi yasabye amahanga “kotsa igitutu abategetsi b’u Burundi, by’umwihariko Perezida Evariste Ndayishimiye” kugira ngo atange uburenganzira bwo gukora iperereza rikwiye.

Yunzemo iti: “Ibi nibiramuka bidakozwe, nta butabera buzigera bubaho ku banye-Congo bahohotewe, kandi abahonyora uburenganzira bwa muntu bari mu gisirikare cy’u Burundi bazakomeza kuzamurwa mu ntera no guhembwa.”

Kugeza ubu yaba Leta y’u Burundi cyangwa iya RDC nta wuragira icyo avuga ku byatangajwe na BHRI.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here