18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAndi makuruBurundi: Kubera iki FDNB imaze iminsi ivugwaho gushyingura mu ibanga abasikire bayo...

Burundi: Kubera iki FDNB imaze iminsi ivugwaho gushyingura mu ibanga abasikire bayo bagwa muri Congo?

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Kuri uyu wa Kane ushize ubwo bashyinguraga Major Gashirahamwe, undi muryango wari umaze gushyingura undi musirikare w’u Burundi nawe waguye ku rugamba muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ariko abategetsi b’u Burundi bakoze ibishoboka ngo imodoka zigiye gushyingura aba basirikare bombi zidahurira mu nzira.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Umwe mu bantu bitabiriye umuhango wo gushyingura Major Gashirahamwe yabwiye urubuga Sosmediasburundi dukesha iyi nkuru ati:

«Twe igihe twageraga i Mpanda, bo bari barimo kuhava. Imodoka zabo zarayobowe hanyuma zinyuzwa ku wundi muhanda utari munini kugira ngo tudahura. U Burundi ni buto murabizi kandi hafi ya bose baraziranye. Abayobozi b’ingabo ntibifuza ko imiryango y’abasirikare biciwe muri RDC bamenyana. »

Aya makuru kandi yemejwe n’impirimbanyi Nininahazwe.

Urugero, ku basirikare bapfira mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Somalia, umuryango wakira amafaranga ahwanye na kimwe cya kabiri cy’amadorari ibihumbi 100 mu mafranga y’u Burundi.…mu gihe ikindi gice cyishyurwa Guverinoma y’u Burundi.

Ku bahitanwa n’intambara muri DRC, ibintu bikomeje kuba urujijo.

U Burundi bufite ibice bibiri by’ingabo ku butaka bwa Congo. Icya mbere ni ingabo zibarizwa mu ngabo z’akarere ka EAC, izindi zoherejwe mu rwego rw’amasezerano y’ibihugu bibiri hagati ya Guverinoma y’u Burundi n’iya Congo.

Ingabo z’u Burundi zizwiho ko zagize uruhare mu kubohoza umurwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, uvanwa mu maboko y’iterabwoba rya Al Shabaab kandi zigaragaye cyane mu kurwanya imitwe yitwara gisirikare muri Repubulika ya Centrafrica, ngo zakojejwe isoni na M23 muri Kivu y’Amajyaruguru nyuma yo kubura ibikoresho bikenewe hamwe n’ibyo kurya bihagije, ukurikije amasoko yegereye ikibazo.

Ku mbuga nkoranyambaga, urupfu rw’abasirikare b’Abarundi ku butaka bw’umuturanyi munini cyane wo mu burengerazuba bw’u Burundi ngo rwarakaje cyane bamwe.

Abategetsi bo muri iki gihugu gito cyo muri Afurika y’Iburasirazuba ariko bakomeje guceceka nubwo bashyingura aba basirikare “baguye mu rugamba rw’isoni” nk’uko uru rubuga ruvuga Amakuru aturuka mu gisirikare n’abatangabuhamya avuga ko imirambo imwe yashyinguwe hutihuti imiryango yabo itabimenyeshejwe. Iyi ni imirambo ahanini ihagera yatangiye kwangirika.

Umuvandimwe witabiriye ishyingurwa rya Maj. Gashirahamwe yabwiye SOS Médias Burundi ati: “No kuri Majoro Ernest, umuryango we wa hafi niwo wabonye umurambo.” Imibare Nk’uko byatangajwe n’impirimbanyi izwi cyane mu Burundi yitwa Pacifique Nininahazwe, nibura abasirikare 13 b’Abarundi, barimo Major Gashirahamwe, ndetse n’umusirikare wo ku rwego rwa sous officier, biciwe vuba aha muri Kivu y’Amajyaruguru. Abandi basirikare batatu bafashwe bugwate na M23.

FDNB iravugwaho gushyingura mu ibanga ingabo zigwa muri Congo no kudashaka ko imiryango yabo imenyana

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here