27.7 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduroByari bimaze igihe kirekire _ Impamvu The Ben yafashe umwanzuro wo gusubiza...

Byari bimaze igihe kirekire _ Impamvu The Ben yafashe umwanzuro wo gusubiza Bruce Melodie,abantu bagatungurwa

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Nyuma y’imyaka myinshi acecetse ku magambo yamuvugwagaho, umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben yafashe icyemezo cyo gusubiza Bruce Melodie, ibintu byatunguranye ariko bifite ishingiro ku bakurikiranye neza amateka y’aya makimbirane amaze igihe mu muziki nyarwanda.

Benshi bari bamaze igihe bibaza impamvu The Ben yatoboye akavuga, nyuma y’imyaka ine avugwaho amagambo menshi amwibasira, we agahitamo guceceka akayaryumaho. AFROVERA yamenye ko impamvu nyamukuru ari guca agasuzuguro.

Amakimbirane y’aba bahanzi yatangiye mu 2021, ubwo Bruce Melodie yumvikanaga mu itangazamakuru avuga ko The Ben ari umunebwe. Mu myaka yakurikiyeho, Melodie yakomeje kumwibasira mu biganiro bitandukanye, avuga amagambo menshi yafashwe nko kwiyenza no kwirata, harimo no kuvuga ko bahujwe yakubita The Ben “agakoni ku nda”.

Umwe mu bantu ba hafi ya The Ben yavuze ko ayo magambo yose ari yo yatumye afata umwanzuro wo kutongera guceceka.

Ati:“Bruce yamwiyenjeho kenshi Mugisha akaceceka. Akavuga ngo azamukubita agakoni ku nda, n’andi magambo yose uzi. Rero gahunda ubu ni uguca agasuzuguro. Ni yo mpamvu twanditse Indabo zanjye.”

Indirimbo Indabo zanjye ni yo yabaye igisubizo The Ben yahisemo gutangiriraho ubutumwa bwe. Muri yo, ashinja Bruce Melodie kwifashisha imbaraga z’umwijima, akavuga ko yangije bagenzi be mu muziki. Hari aho anavuga ko yaba yarabaswe n’ifu, asobanura nk’ibiyobyabwenge, ndetse akamwibutsa ko akwiye kubaha umukuru we, amwita “Gisamagwe” gihagarariye umuziki nyarwanda.

 

Gusa aba bahanzi bombi biteganyijwe ko bazahurira rumwe mu gitaramo “The New Year Groove” kizabera muri BK Arena tariki ya 1 Mutarama 2026, ibintu byatumye abakunzi b’umuziki bibaza uko bazitwara bahuye imbona nkubone nyuma y’ibi byavuzwe n’ibyaririmbwe.

Ifoto: Imvaho Nshya

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here