24 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomePolitikeCS Alfred Mutua yihanangirije Abanyakenya ku ifoto ya AI yamwerekanye apfukamye imbere...

CS Alfred Mutua yihanangirije Abanyakenya ku ifoto ya AI yamwerekanye apfukamye imbere ya Perezida Ruto

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

 

Umunyamabanga wa Leta muri Kenya ushinzwe Umurimo n’Imibereho myiza, Dr. Alfred Mutua, yihanangirije Abanyakenya n’abakoresha imbuga nkoranyambaga ku ifoto y’ibihimbano yakwirakwiye cyane, yamwerekanye apfukamye imbere ya Perezida William Ruto, ashimangira ko iyo foto atari impamo ahubwo yarakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga rya AI.

Iyo foto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga igizwe n’amashusho abiri ashyizwe hamwe, aho irimwe rigaragaza Dr. Mutua ahagaze iruhande rwa Perezida Ruto bombi bari mu ruhame, irindi rikaba ryarahinduwe ku buryo bigaragara nk’aho Minisitiri yaba apfukamye, ibintu byateje impaka n’ibitekerezo byinshi bitandukanye.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa X, Dr. Alfred Mutua yatangaje ko iyo foto ari impimbano igamije kuyobya rubanda no gukwiza amakuru y’ibinyoma.

Yagize ati: “Ndashaka kumenyesha rubanda ko hari ifoto yahinduwe hifashishijwe ikoranabuhanga rya AI iri gukwirakwizwa, inyereka mu buryo buyobya kandi butari bwo. Iyo foto si yanyayo, yahinduwe ku bushake hagamijwe guteza urujijo no gukwirakwiza amakuru atari yo.”

Yakomeje asaba Abanyakenya kugira umuco wo kugenzura amakuru mbere yo kuyasangiza abandi, anibutsa ko kwihuta gusangiza inkuru zidasobanutse bishobora guteza ingaruka mbi.

Ati: “Ndakangurira Abanyakenya bose kugenzura amakuru bakesha amasoko yizewe, birinde gusangiza ibitekerezo cyangwa amashusho batabanje kugenzura ukuri kwabyo. Dukorere hamwe mu kurwanya ikwirakwizwa ry’amakuru y’ibinyoma mu ikoranabuhanga.”

Iyi foto yakiriwe mu buryo butandukanye ku mbuga nkoranyambaga, aho hari abahise bagaragaza ko byari bigaragara ko ari impimbano, mu gihe abandi bagaragaje ko ikoranabuhanga rya AI riri kugenda riyobya benshi, cyane cyane abakoresha imbuga nkoranyambaga batamenyereye uburyo rikorwa.

Ibi bibaye mu gihe Leta ya Kenya ikomeje gushyira imbaraga mu kugenzura ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rya AI n’ibikorerwa ku mbuga nkoranyambaga. Mu 2025, hashyizweho amabwiriza agenga ikoreshwa ry’amashusho n’amavideo bikorwa hifashishijwe AI, hashingiwe ku mpungenge z’uko bishobora gukoreshwa mu gukwiza amakuru y’ibinyoma no guhungabanya ituze rusange.

Nubwo bimeze bityo, hari abatavuga rumwe n’izo ngamba bavuga ko zishobora kubangamira ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo, cyane ko hari abantu bamwe bamaze gufatwa cyangwa gukurikiranwa n’inzego z’umutekano bashinjwa gusangiza amashusho ya AI anenga ubutegetsi.

Iyi nkuru ya Dr. Alfred Mutua yongeye kugaragaza imbogamizi ikoranabuhanga rya AI riri guteza mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, ndetse n’akamaro ko kugira amakenga no gushishoza ku makuru abantu bahura na yo buri munsi.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here