Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle Afod, yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gusubiza amagambo y’abantu bamwibasiye ku mashusho yasangije ari kumwe n’umuhanzi Fuji, Malaika.
Uyu mubyeyi w’abana bane aherutse gushyira ku rubuga rwe rwa Instagram amashusho amugaragaza yahuje urugwiro ari kumwe n’uyu muhanzi, ibintu byahise bikurura impaka n’ibitekerezo bitandukanye ku mbuga nkoranyambaga.
Mu bantu bagize icyo babivugaho, harimo umwe wamushinje gusuzugura umugabo we mu ruhame, amubwira ko ibyo yakoraga bisa no kuba ari mu mubano n’undi mugabo, amugira inama yo kugumana iyo mibanire mu ibanga.
Uwo muntu yagize ati: “Gutesha umugabo wawe agaciro mu ruhame si byiza. Uri gukundana na we, byibuze mujye mubigira ibanga.”
Desola Afod ntiyacecekeye kuri ayo magambo, ahubwo yahise amusubiza mu buryo bweruye, agaragaza ko umuntu ahisha umubano gusa iyo atumva yishimiye uwo bari kumwe. Yavuze ko nta mpamvu abona yo kwisobanura cyangwa guhakana ibihuha by’abantu.
Mu butumwa bwe, yagize ati: “Nimugere igihe cyanyu, muzajye muhisha abo mukundana niba mubona batari beza. Isi yanyu yose izahinduka umwanda. Sinzigera mpakana cyangwa ngo nisobanure ku byo muvuga,” asoza agira ati “Aura for aura.”
Nyuma y’ ayo magambo yahise akurura impaka ku mbuga nkoranyambaga, bituma benshi bamushyigikira bashima icyizere afite n’uburyo yitwaye, mu gihe abandi bakomeje kuganira no gutanga ibitekerezo bitandukanye kuri icyo kibazo.



