36.8 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduroDiamond Platnumz yatanze Miliyoni 10 zo kwita kuri Mkubwa Fella wahoze ari...

Diamond Platnumz yatanze Miliyoni 10 zo kwita kuri Mkubwa Fella wahoze ari manager we, ahakana ibyo ku mutererana.

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Hari amakuru mashya ku buzima bwa Mkubwa Fella, wahoze ari umujyanama w’umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Diamond Platnumz, agaragaza ko uyu muhanzi yamufashije cyane mu kwivuza, arenga Miliyoni 10 z’amashilingi ya Kenya, nubwo hari abamushinja kumuterera mu bihe bikomeye.

Ibi byavuzwe nyuma y’uko Sweet Fella, umugore wa Mkubwa Fella, atangaje amagambo akora ku mutima avuga ko umugabo we, wari warafashije abahanzi benshi kugera ku izina, ubu asigaye arwaye kandi nta muntu urimo ku mwitaho muri abo yagize afasha.

Yagize ati:“Iyo yabaga ari muzima, telefoni ye ntiyajyaga iruhuka guhamagarwa. Ubu nta n’umwe ukimuhamagara.”

Umunyamakuru w’imyidagaduro, Mwijaku, yongeyeho ko abahanzi benshi bakomeye muri Tanzania banyuze mu biganza bya Mkubwa Fella mbere yo kumenyekana, ariko bagahita bamwihunza ageze mu bihe bikomeye. Yagarutse by’umwihariko kuri Diamond Platnumz, avuga ko nubwo yamufashije mu ntangiriro amwohereza kwivuriza mu Buhinde, atari akwiye guhagarika kumukurikirana burundu.

Ariko, ikipe ya Diamond Platnumz yahakanye ibyo kumuterera, Don Fumbe, ushinzwe imari kwa Diamond, yavuze ko Diamond yakomeje kumushyigikira mu buryo bwose bushoboka, haba mu mafaranga no mu gutegura ubuvuzi.

Fumbe yavuze ko Diamond ari we wishyuye urugendo rw’ubuvuzi rwo mu Buhinde, aho itsinda ryari riherekeje Mkubwa Fella ryagiye mu ndege za business class riva i Dar es Salaam. Yongeyeho ko Diamond yanakusanyije $10,000 (agera kuri Miliyoni 1.3 z’amashilingi ya Kenya), aya akaba yarahawe umugore wa Fella nk’inkunga y’umuryango, atari ayo kwishyura ubuvuzi.

Fumbe yanavuze ko Diamond yagiye agabanya kwivanga nyuma y’uko bamwe mu bagize umuryango wa Fella batangiye kumushinja kutitaba telefoni zabo, nyamara ubufasha bwari bukomeje. Yagize ati:“Hari inshuro nyinshi Diamond yatanze amafaranga kuri iki kibazo, kandi ntabwo yigeze amutererana.”

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here