25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeIbyamamareDore ibibazo 3 Umuhanzi Meddy avuga ko yabajijwe na Yezu

Dore ibibazo 3 Umuhanzi Meddy avuga ko yabajijwe na Yezu

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe gito yinjiye mu muziki wo Kuramya no Guhimbaza Imana, Ngabo Medard wamamaye nka Meddy, yavuze ko byatangiriye mu nzozi yagize aho Yezu yamubajije ibibazo 3, akabyuka yahindutse agahita amenya ko ari iyerekwa yagize.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Ni mu kiganiro cyanyuze kuri Boarding Pass Nation cyagarutse ku buryo uyu muhanzi yahindutse, akarokoka akaba asigaye akorera Imana. Meddy yavuze ko nk’umuntu wese hari igihe ugeraho ugahinduka ukava mu byo wari urimo, na we rero igihe cyaje kugera arahinduka.

Uyu muhanzi ukunzwe na benshi, yavuze ko byose byatangiriye ku nzozi yagize aganira n’Umwami Yezu.

Ati “Nagize inzozi, ntabwo ndibujye muri byinshi ariko nabyutse ndi undi muntu utanduikanye, nahise menya ko nsozanyije n’ibyo nakoraga byose, nahise menya ko ngiye kubaho ubuzima bwuzuye Yezu, nkasiga ibindi byose inyuma.”

Yakomeje avuga ko byamusabye imbaraga nyinshi kumva ko arangizanyije n’iby’Isi kuko ubuzima bwe bwari bwubakiye kuri byinshi

Meddy yavuze ko yibuka neza ko mu nzozi ze Yezu yamubajije ibibazo bitatu. Ati”Mu nzozi zanjye ndabyibuka Yezu yambajije ibibazo 3, yaravuze ugiye kuba umuntu utanzi? ugiye kuba nk’umuntu unzi? Cyangwa ugiye kuba inshuti? Ndavuga ngo ngiye kuba inshuti, narakangutse nsanga ndi umuntu mushya.”

Yavuze ko mu rugendo rwo guhinduka yibazaga ukuntu azajya aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana gusa.

Ati “Nanjye icyo ni ikibazo nibazaga ubwo narimo mpinduka, nkibaza ese ngiye kuzajya ari zo ndirimba, gusa ariko nasanze na byo bidahagije kuko ushobora kuziririmba ntuhinduke kandi kuko uziririmba ntibikugira umukristo.”

“Nabwiye abantu, ntabwo ndimo mpindura umuziki, ibyo ni nko kuva muri zouk ujya muri reggae, ahubwo njyewe nk’umuntu nari umugabo utandukanye, ndababwira ibyo nkora none bishingira ku wo ndiwe none kandi sindi umunyamuziki ndi umugabo w’Imana.”

Kumvisha abantu ko yahindutse, bumve ko atari Meddy wa wundi bari bazi utwika, unywa inzoga ahubwo yiyemeje gukorera Imana, ni kimwe mu bintu byamugoye cyane ariko uko iminsi yashiraga bagendaga babyakira.

Guhera muri 2021 ni bwo byatangiye kuvugwa ko Meddy agiye kureka umuziki w’Isi yakoraga akajya aririmba Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yakomeje kwirinda kugira icyo abivugaho kugeza mu Kuboza 2022 ubwo yasohoraga indirimbo yo guhizambaza Imana yise ’Grateful’.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here