18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomePolitikeDore impamvu nyamukuru ituma Félix Tshisekedi akomeza kuvuga ko u Rwanda ari...

Dore impamvu nyamukuru ituma Félix Tshisekedi akomeza kuvuga ko u Rwanda ari umwanzi wa RD-Congo

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Félix Tshisekedi Tshilombo ni umukandida numero ya 20 muhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, yongeye yumvikanye abwira abatuye mu mujyi wa Lubumbashi, intara ya Haut-Katanga ko abanzi b’igihugu cyabo bayobowe na Paul Kagame uyobora u Rwanda.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Kuri uyu wa 5 Ukuboza 2023 Tshisekedi yavuze aya magambo ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamariza uyu mwanya muri uyu mujyi, nyuma yo kubasobanurira ko u Rwanda rwateye uburasirazuba bw’igihugu cyabo.

Tshisekedi yagize ati: “Umwanzi ari kuturwanya kandi murebye intambara yo mu burasirazuba imaze hafi imyaka 30, abavandimwe bacu na bashiki bacu bari gupfa kandi nta muryango mpuzamahanga wazamuye urutoki ngo uhagarike ubushotoranyi mu burasirazuba bw’igihugu cyacu.”

Félix Tshisekedi Tshilombo kandi yabwiye ab’i Lubumbashi ko ari we wafashe icyemezo cyo kurwanya “umwanzi w’igihugu” mu burasirazuba. Ati: “Kuva mu 2022, nafashe icyemezo cyo kuvuga ko bihagije, intambara igomba guhagarara.”

Kugeza ubu Rwanda n’amahanga byemeza ko umutwe witwaje intwaro wa M23 ari wo wubuye imirwano mu mpera z’umwaka w’2021, ariko Tshisekedi yavuze ko abanzi b’igihugu cyabo bayobowe na Perezida Paul Kagame.

Mu magambo ye bwite Tshisekedi yagize ati: “Ntibigasubire kandi nabwira abanzi ba RDC, binyuze mu muyobozi wabo uzwi ku Banyekongo bose,Paul Kagame, ko bihagije. Ububabare Abanyekongo bagize burazwi, kandi nibukomeza, azatubona.”

Perezida Kagame muri Kamena 2022 yaganiriye n’umunyamakuru Zain Verjee wa Bloomberg, avuga ko Tshisekedi iyo ashinja u Rwanda uruhare mu ntambara ibera mu burasirazuba bwa RDC, aba yihunza inshingano ze kandi ko yirengagiza impamvu yatumye M23 yegura intwaro.

Yagize ati: “Guhimba ibyo birego ni uguhunga inshingano ze nka Perezida wa kiriya gihugu. Abanyekongo bakomoka mu Rwanda ndetse n’uburyo icyo kibazo gifatwa muri Congo bikwiye kwitabwaho cyane. Cyakemuka. Urebye ku burenganzira bw’abantu, gukemura ikibazo cyabo biroroshye.”

U Rwanda na RDC bibanye nabi kuva mu ntangiriro z’umwaka w’2022, ndetse amahanga ateguza ko ibibazo bifitanye nibitabikemura, bishobora kuzajya mu ntambara yeruye.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here