20.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomePolitikeDore impinduka zimaze kuba muri Minisiteri y’Urubyiruko kuva 1994

Dore impinduka zimaze kuba muri Minisiteri y’Urubyiruko kuva 1994

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki ya 14 Ukuboza 2023, nibwo mu biro bya Minisitiri w’Intebe haturutse itangazo ryongerera inshingano Ministeri y’Urubyiruko.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Nk’uko byavuzwe muri iryo tangazo, Minisiteri y’Urubyiruko (MINIYOUTH) yongerewe inshingano z’ubuhanzi hagamijwe guteza imbere no gushyigikira politiki y’ubuhanzi n’umuco.

Inshingano z’ubuhanzi zari zisanzwe muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE).

Guhabwa izo nshingano byatumye MINIYOUTH ihindurirwa izina ihita yitwa Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi.

Minisiteri y’Urubyiruko ni imwe mu zakunze guhindurirwa inshingano n’amazina agahinduka bitewe n’inshingano yahawe.

Mbere ya 1994, hariho Ministère de la Jeunesse et des Mouvements Associatifs, (MIJEUMA). Muri icyo gihe, umuco wari utarakirwa neza ngo ube washyirwa muri ministeri iyo ari yo yose kubera impamvu zijyanye n’amateka.

Mu 1997, ishami ry’umuco ryari muri Minisiteri y’Uburezi, ryimuriwe muri Minisiteri y’urubyiruko. Iri shami ryashinzwe gutegura imihango yo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside ndetse n’ibikorwa byose bijyanye no kubungabunga kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nyuma, Minisiteri y’urubyiruko yahawe imyuga mu nshingano bituma ihindura izina yitwa Ministère de la Jeunesse Sport, Culturel et Formation Profesionnel (MIJESCAFOP).

Mu 2002, inshingano zijyanye n’imyuga, zashyizwe mu bunyamabanga bwa Leta muri Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo maze minisiteri ifata irindi zina; Minisiteri y’Urubyiruko, Siporo n’Umuco (Ministère de la Jeunesse, Sport et Culture (MIJESPOC).

Muri 2008, Minisiteri y’Urubyiruko, Siporo n’Umuco yagabanijwemo minisiteri ebyiri zitandukanye; Minisiteri y’urubyiruko ‘MINIYOUTH’ na Minisiteri ya Siporo n’umuco ‘MINISPOC’.

Muri Gicurasi 2011, minisiteri zombi zongeye guhurizwa muri minisiteri imwe, gusa nyuma y’amezi atanu zongera gutandukana mu Kuboza 2011.

Icyo gihe, MINISPOC yagumanye umuco mu nshingano aho yahawe inshingano zo guteza imbere no gushyigikira ishyirwa mu bikorwa rya politiki n’ingamba zijyanye no guteza imbere umuco wo gutsinda mu mikino itandukanye ndetse no guteza imbere umuco nk’ishingiro ry’iterambere ry’igihugu cyacu.

Mu mpinduka zabaye muri Guverinoma, zatangajwe tariki ya 4 Ugushyingo 2019, Minisiteri y’Urubyiruko yongerewe Umuco mu nshingano zayo.

Ibyo byatumye Minisiteri ya Siporo yari isanganywe Umuco mu nshingano ihindurwa isigarana inshingano zo kureberera Siporo gusa.

Kubera kongererwa inshingano, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco yatangaje ko yimutse ku mpamvu z’uko aho yakoreraga hazwi nka Sopetrade ari hato bagereranyije n’abakozi bafite.

Itangazo ryashyizweho umukono n’uwari Umunyamabanga Uhoraho w’iyo Minisiteri, Bigenimana Emmanuel, ryavugaga ko guhera ku wa 20 Mutarama 2020, iri gukorera mu nyubako iri imbere ya Marasa Umubano Hotel izwi nka Merdien mu nyubako yegeranye n’ikoreramo Umuryango w’Ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi.

Aho yimukiye ni mu nyubako nshya, kugeza ubu iri gukoreramo ikindi kigo ari cyo Komisiyo y’igihugu ishinzwe abakozi ba leta ndetse na Minisiteri y’umutekano.

Mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Nyakanga 2021, nibwo hashyizweho Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE).

Mu nshingano zahawe MINUBUMWE harimo ibijyanye n’umuco byari bikuwe muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco, bituma isigara ari Minisiteri y’Urubyiruko gusa.

Kuri ubu, Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi iyoborwa na Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here