18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruDr Bishop Rugagi Innocent agiye kwimika abashumba 5 nyuma yo kubona ko...

Dr Bishop Rugagi Innocent agiye kwimika abashumba 5 nyuma yo kubona ko bari ku kigero gishyitse

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Umushumba Mukuru w’Amatorero y’Abacunguwe [Redeemed Gospel Church], Dr Bishop Rugagi Innocent ateguye ibiroli bikomeye byo kwimika abashumba 5 nyuma yuko Imana yabagenzuye maze ikabemera nk’abakozi bayo .

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Ibi biroli bizabera muri Canada,Chateau Rayale 3500boul.du souvenir kuwa 27 Gicuransi 2023 kuva kw’isaha ya saa tatu za mugitondo kugera saa munani (3-8h00).

Dr Bishop Rugagi Innocent mu kiganiro yagiranye na CorridorReports yavuzeko aba bazimikwa bari basanzwe ari abashumba (Pasiteri) bamenyerezwa ariko batarasengerwa ari nayo mpamvu hateguwe umuhango ukomeye wo kubimika kumugaragaro.

Bishop Yagize ati:”Bamaze imyaka 2 n’amezi atandatu bari mw’imenyerezwa no kugenzurwa ngo itorero rirebe ko bashobora kuba abashumba b’umukumbi w’Imana bityo nyuma yo kubona ko bashyitse niyo mpamvu bagiye gusengerwa no gusukwaho amavuta ya gishumba.

Dr Bishop Rugagi Innocent tumubajije impamvu abashumba yimika abanza kubanyuza mw’igeragezwa ndetse tumubaza iby’umwihariko abakristo baba bagomba kumenya mbere yuko umuntu yemezwa ngo abe umushumba w’itorero ,aha yagize ati:”Kuba umushumba si ikintu cyoroshye ,ubihawe ashobora gutekereza yuko azamuwe mu ntera ariko aha yaba yibeshye gatoya kuko kuba umwungeri mwiza bisaba guca bugufi ukemera kuba umugaragu wabo ushumbye”.

Yakomeje avugako umushumba agomba kurangwa no kwihangana,guca bugufi,gukunda gusenga no kugira ibanga ry’umurimo w’Imana bityo rero iyo tubashyira mw’igeragezwa tuba turi kureba niba bujuje ibi bintu bimeze nk’ikita rusange ku mushumba ukorera Imana mu kuri no mu mwuka.

Ati:”Umushumba mwiza agomba guharanira kuzuza inshingano ze kandi akabikora mu gukiranuka no kwemera kuba umugaragu wabo ashinzwe kuyobora kuko Uyu mwanya umuntu aba abonye ni uwo kwicisha bugufi umuntu akamenya ko agomaba gufatanya n’abo asanze mu buyobozi gushyira mu bikorwa gahunda z’Iterambere ry’Itorero ndetse na gahunda za Leta hirindwa inyigisho z’ubuyobe kandi akamenya ko igitabo cya Bibiliya aricyo tegeko nshinga ngenderwaho mu bikorwa byose by’itorero”.

AbadhAbashumba batanu bazimikwa barimo Abanyarwanda babiri aribo Madame Esperence Buriza na Ntaganda Theodore ndetse hakazimikwa n’abandi babiri bo muri Haiti barimo Mackson Domerson na Rose Darius Roux hamwe n’umurundi umwe bwana Nzigamasabo Charles.

Twibutseko Bishop Rugagi Innocent anakomeje imyiteguro y’amasengesho y’imbaraga z’Imana no kubohoka azaba mucyo bise “Special Deliverence and Miracle night”(Ijoro ridasanzwe ry’ibitangaza no kubohoka) akazabera muri Canada mu mujyi wa Ottawa,Adress4090 bel-green drive Ottawa City Center.Iki giterane cy’amasengesho kizaba kuwa 09 Kamena 2023 kuva kw’isaha ya saa tatu z’umugoroba kugera saa kumi n’imwe za mu gitindo(21h00-5h00).

Dr Bishop Rugagi Innocent agiye kwimika abashumba 5 nyuma yo kubona ko bari ku kigero gishyitse

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here