39.8 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomePolitikeDR Congo: Katumbi agiye guhurira na Tshisekedi i Kananga mu Ntara ya...

DR Congo: Katumbi agiye guhurira na Tshisekedi i Kananga mu Ntara ya Kasaï-Central »Inkuru irambuye

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...
spot_imgspot_img

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 13 Ukuboza 2023, biteganijweko Abakandida babiri bahabwa amahirwe kurusha abandi mu matora ya perezida wa DR Congo bombi bari bwiyamamarize mujyi wa Kananga mu Ntara ya Kasaï-Central.

Nkuko byatangajwe na Guverineri w’iyi ntara, ngo hafashwe ingamba zikakaye zo gukaza umutekano mu kurinda abo bakandida bombi cyangwa ibikorwa by’urugomo.

Muri izo ngamba harimo ko abo bakandida biyamamariza ahantu hategeranye muri uyu mujyi kandi bawugeramo mu masaha atandukanye.

Radio Okapi ivuga ko umukandida Moïse Katumbi ahagera ahagana saa saba naho Tshisekedi akahagera nimugoroba. Nibwo bwa mbere aba bakandida bahanganye bari bwiyamamaze mu mujyi umwe ku munsi umwe.

Urugomo mu bikorwa byo kwiyamamaza rwagiye rwibasira ibikorwa by’umukandida Katumbi, ruheruka ni urwabaye kuri uyu wa kabiri i Muanda mu ntara ya Kongo Central.

Amakuru avuga ko harashwe amasasu nyayo no gutera amabuye uruhande rw’uyu mukandida bikozwe n’insoresore zamubuzaga kwiyamamariza muri uyu mujyi uri ku nyanja mu burengerazuba bwa DR Congo.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana uru rugomo ahari hagiye kubera kwiyamamaza, n’abantu bakomeretse bikomeye mu bakorana bya hafi n’uyu mukandida. Itangazo ryasohowe na guverineri wa Kongo Central rivuga ko habaye gushyamirana kw’abantu bo mu ishyaka ryari rifite imyiyerekano n’abashinzwe umutekano w’umukandida Katumbi.

Iryo tangazo rivuga ko abarinda uyu mukandida ari bo barashe amasasu bakoresheje imbunda zabo mu gushwiragiza abo bahanganye, polisi nayo igakoresha imyuka iryana mu maso mu gutatanya abahanganye.

Iri tangazo rivuga ko hari abantu bakomeretse, barimo abakomeretse bikometse, gusa ntirivuga umubare wabo. Umuvugizi wa leta, Patrick Muyaya, yatangaje ku rubuga X ko “guhungabanya kose imigendekere myiza y’ibikorwa by’amatora ntikuzihanganirwa”, asaba amashyaka n’abakandida kugira imyifatire ikomeza ituze muri rubanda.

Moïse Katumbi niwe mukandida biboneka ko ahanganye cyane na Felix Tshisekedi ushaka manda ya kabiri, ibikorwa by’urugomo aho yiyamamarije si ubwa mbere bivuzwe muri ibi bihe barimo kwiyamamaza.

Ibikorwa byo kwiyamamaza biteganyijwe kurangira kuwa mbere w’icyumweru gitaha mbere y’uko abaturage batora perezida kuwa gatatu w’icyo cyumweru tariki 20 z’uku kwezi.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here