22.7 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruDr.Rev.Rutayisire yasimbuwe ku buyobozi muri Angilikani

Dr.Rev.Rutayisire yasimbuwe ku buyobozi muri Angilikani

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Rev Pst Dr. Antoine Rutayisire wari Umuyobozi wa Paruwasi ya Remera mu Itorero Angilikani, yasimbuwe ku mirimo ye na Pasiteri Karegesa Emmanuel.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Umushumba wa Diyosezi ya Kigali, Musenyeri Rusengo Nathan Amooti, ni we watangaje izi mpinduka.

Muri Gashyantare 2020 ni bwo Rev Past Dr Antoine Rutayisire yavuze ko ari kwitegura kujya mu kiruhuko cy’izabukuru kuko Itorero Angilikani riteganya ko Pasiteri cyangwa Musenyeri wujuje imyaka 65 ahita ajya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Icyo gihe yavuze ko ku wa 29 Gicurasi 2023 ari bwo azaba asoje imirimo ahabwa n’itorero kuko imyaka 65 y’ikiruhuko cy’izabukuru izaba yuzuye.

Yagize ati “Ku itariki 29 z’ukwezi kwa Gatanu nzabyuka ntakiri umukozi wa Diyosezi. Ntabwo nzaba nahagaritse ubutumwa ariko nzaba nahagaritse kuyobora Paruwasi n’indi mirimo yose.”

Pasiteri Antoine Rutayisire yavuze ko yamaze gutegura imirimo azajyamo najya mu kiruhuko gusa azanezezwa no kwita ku muryango we by’umwihariko abuzukuru ariko akazakomeza n’ivugabutumwa.

Rev Past Dr. Antoine Rutayisire yatangiye ivugabutumwa mu 1983 akimara gukizwa. Mu 1990 yaretse akazi ko kuba mwarimu igihe cye agiharira kwigisha ijambo ry’Imana. Icyo gihe yahise ajya kuyobora Umuryango w’Ivugabutumwa rishingiye kuri Bibiliya w’Abanyeshuri ba Kaminuza, akaba ari we wabaye Umunyamabanga Mukuru wawo wa mbere kugeza mu 1994.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Rutayisire yayoboye Umuryango w’Ivugabutumwa, AEE.

Mu 2008 ayobora Paruwasi ya Saint Etienne mu Biryogo ahava ajya kuyobora Paruwasi ya Remera arimo kugeza ubu. Umuhango wo kumusezera ku mugaragaro uteganyijwe ku wa 6 Kamena 2023.

Latest stories

spot_img