Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakupye internet mu mujyi wa Uvira uherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’iminsi mike ingabo zayo ziwugarutsemo.
Kuva ku Cyumweru tariki ya 18 Mutarama ni bwo ingabo za Leta ya Kinshasa n’abarwanyi ba Wazalendo batangiye kugaruka muri Uvira, nyuma y’uko ingabo z’umutwe wa M23 zari zimaze ukwezi kurenga ziwugenzura ziwuvuyemo.
FARDC na Wazalendo bakigera muri Uvira uyu mujyi wongeye kumvikanamo ibikorwa by’ubugizi bwa nabi birimo gusahura, urusaku rw’amasasu ndetse n’urugomo rwibasiye abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi.
Perezida wa M23 akanaba umuhuzabikorwa wungirije w’ihuriro Alliance Fleuve Congo, Bertrand Bisimwa, abinyujije ku rubuga rwe rwa X yatangaje ko icyemezo cya Leta ya Kinshasa cyo gukupa internet muri Uvira kigamije guhisha amabi ingabo zayo zikomeje gukorera muri uriya mujyi.
Yagize ati: “Ubutegetsi bwa Kinshasa bumaze gutanga itegeko ryo guhagarika imiyoboro yose y’itumanaho mu mujyi wa Uvira no mu nkengero zawo, mu rwego rwo guhisha ibikorwa bibi byabwo bikorerwa aho hantu nzego aho bwongeye kohereza abo bwita imitwe yabwo yo gusukura.”
Leta ya Congo Kinshasa ntacyo iratangaza ku makuru yo gukupa internet muri Uvira cyangwa ngo isobanure icyatumye ifata kiriya cyemezo.
Amakuru icyakora avuga ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi ari we watanze itegeko ry’uko internet ivanwaho.



