34.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruEddy Kenzo yagizwe umuyobozi w’ihuriro ry’abahanzi muri Uganda

Eddy Kenzo yagizwe umuyobozi w’ihuriro ry’abahanzi muri Uganda

Date:

Related stories

spot_imgspot_img

Mu gihe mu Rwanda bikigoranye ko ihuriro ry’abahanzi ryahabwa imbaraga ku buryo bafatanya guteza imbere uruganda rw’umuziki, mu bindi bihugu bakomeje kubibona nk’inzira yatuma barushaho gutera imbere.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Kugeza ubu muri Uganda bamaze gushyiraho komite nshya y’ihuriro ry’abahanzi ba muzika.

Ni amatora yitabiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Uganda Robinah Nabbanja, bigaragaza uko Leta y’iki gihugu ishyigikiye ubuhanzi by’umwihariko iyo ababukora bishyize hamwe.

Eddy Kenzo uherutse guhatanira ibihembo bya Grammy Awards 2022 ni we watorewe kuyobora ihuriro ry’abahanzi muri Uganda yungirizwa n’abarimo Sheebah Karungi, Pallaso (Pius Mayanja) na Juliana Kanyomozi.

Abagize komite barimo Bebe Cool ushinzwe umutungo, Daddy Andre ushinzwe iterambere ry’umuryango, Phina Masanyalaze yagizwe umuvugizi, Nina Rose ushizwe imyitwarire, n’abandi.

Minisitiri w’Intebe Robinah Nabbanja, yijeje komite yatowe ko azabafasha mu guharanira uburenganzira bw’abahanzi kandi yiyemeza ko guverinoma izashora imari muri iri huriro.

Yashimangiye ko Guverinoma izagira uruhare mu kuzamura iterambere ry’urunganda rw’umuziki muri Uganda.

Eddy Kenzo yavuze ko gukorera hamwe ari byo bizatuma batsinda urugamba rwo guharanira uburenganzira bw’abahanzi.

Ati “Nidukorera hamwe nk’ishyirahamwe ry’abahanzi b’igihugu cya Uganda, tuzatsinda. Tugomba gufatanya na guverinoma kuturinda kugira ngo natwe tuyirinde.”

Irihuriro rigamije guhuriza hamwe abahanzi bo muri Uganda ,kurengera inyungu z’ibikorwa byabo ndetse no kurebera hamwe uburyo byakomeza kwamamazwa.

Muri Uganda hari hasanzwe hari ihuriro ry’abahanzi Uganda Musicians Association (UMA) gusa abahanzi bamwe ntibari baryishimiye bitandukanyije naryo.

Aba barimo Sheebah, Eddy Kenzo ni bamwe mu banze kuyoboka iri huriro, ubu bamaze gutangiza icyiswe Uganda National Musicians Federation (UNMF) ndetse bakaba bijejwe inkunga ya Leta.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here