25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruGatsibo :Hongeye kumvikana abantu bagurisha inyama z'imbwa

Gatsibo :Hongeye kumvikana abantu bagurisha inyama z’imbwa

Date:

Related stories

“Abatutsi Baremewe Kwicwa?”: Ubutumwa bukomeye bwa Obadioas Kavune ku mahanga n’imiryango mpuzamahanga.

Mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, ijwi rikomeye ryongeye kugaruka ku bibazo by’umutekano n’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.  Obadioas Kavune, umunyabwenge n’Umunyamulenge uzwiho kugaragaza ibitekerezo byimbitse ku mateka n’akarengane karanze ubuzima bw’Abatutsi bo muri Congo, yatanze ubutumwa bukomeye abinyujije kuri MCN, abugenera amahanga n’imiryango mpuzamahanga.  Mu magambo arimo intimba n’uburakari, Kavune yabajije ikibazo gikomeye gikomeje kwibazwa na benshi: “Ese Abatutsi bo muri Congo baremewe gupfa?” Iki kibazo ntiyagitanze nk’ikirimo amarangamutima gusa, ahubwo yagishingiye ku mateka maremare y’ubwicanyi, itotezwa n’ihohoterwa byagiye bikorwa ku Batutsi mu bihe bitandukanye, amahanga akenshi akabirebera cyangwa akabyirengagiza.  Kavune yagaragaje ko mu gihe isi ikomeza kwigira umuvugizi w’uburenganzira bwa muntu, hari abaturage bamwe bagaragaye nk’abadakorwaho, naho abandi bakemererwa gupfa ntawe ubavugiye. Yavuze ko guceceka kw’amahanga ku bikorerwa Abatutsi bo muri Congo atari impanuka, ahubwo ari ihitamo rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu.  Agaruka ku mateka ya kera, Kavune yibukije ko mu 1964, mu mvururu zari ziyobowe na Pierre...

RDC igiye gushyiraho sisiteme nshya, ihuriweho kandi y’ikoranabuhanga mu gusuzuma indwara

  Mu rugendo rwo kunoza serivisi z’ubuvuzi no kongera ireme...

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...
spot_imgspot_img

Umusore w’imyaka 16 wo mu murenge wa Kabarore wo mu karere ka Gatsibo yafashwe n’abaturage agiye kugurisha inyama z’imbwa, ku gicamnunsi cyo ku wa Mbere tariki ya 30 Ukwakira 2023.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Umusore ukomoka  mu mudugudu wa Bihinga akagari ka Kabarore yabwiye BTN TV dukesha iyi nkuru ko bitewe n’inzara yari imurembeje byatumye afata imbwa imwe muri eshatu yari atunze zamufashaga mu kazi ke k’ubuhigi,arayibaga.

Akomeza avuga ko ari ubwa mbere yari abikoze kandi yabikoze kuko yakunze kumva amakuru yuko imbwa ziribwa kandi zitica.

Yagize ati” Inzara yanyishe bituma nkuramo imwe ndayibaga. Nayibaze kuko narinzi ko imbwa zisanzwe ziribwa kandi ntizigire uwo zica ariko ni ubwa mbere mbikoze”.

Bamwe mu baturage babonye ibi, batangarije BTN ko batewe ubwoba n’iri bagwa ry’imbwa kandi ko byabasigiye isomo kuko batazongera gupfa kugura inyama batabanje gukora ubugenzuzi cyane ko izi nyama z’imbwa ntaho zitaniye ku isura n’iz’amatungo asanzwe abagwa ku buryo bwemewe n’amategeko.

Umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 50 uri mu babonye iyi mbwa yabazwe yabwiye BTN ko uyu mwana yabateye ubwoba asaba ubuyobozi kugenzura niba afite ikibazo cyo mu mutwe no kujya bugenzura ko inyama zigurishwa abaturage ziba zujuje ubuziranenge.

Agira ati” Uyu mwana yaduteye ubwoba pe kuko ibi bintu ntibyari bisanzwe. Ikindi ubuyobozi bukwiye gusuzuma neza niba uyu mwana afite ikibazo cyo mu mutwe no kujya busuzuma niba inyama tugurishwa zujuje ubuziranenge kuko bidakozwe byazateza impfu nyinshi”.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Kabarore ntacyo bwatangaje kuri iki kibazo cyabereye iwabo

Andi makuru avuga ko uyu mwana wari wamaze kurya inyama zo ku kaguru k’imbwa, ngo yari asanzwe agurisha inyama z’imbwa nubwo yabihakanye kuko ubwo yafatwaga yari ari kumwe n’undi mugabo we wahise wiruka.

Inzego z’umutekano zafashe uyu mwana ngo hanonosorwe impamvu nyamukuru yatumye abaga imbwa dore ko ari no guhohotera inyamaswa.

Hari abaturage badatinya kuvuga ko kubera ko ibiciro by’inyama byazamutse,bitera benshi kuyoboka inyama z’imbwa.

Mu minsi mike ishize hari umugabo wafashwe abaga imbwa mu karere ka Gasabo mu murenge wa gisozi.

Latest stories

spot_img