40.5 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomeAmakuruHamenyekanye amakuru atari meza ku bantu bahanutse ku igorofa ya 2 I...

Hamenyekanye amakuru atari meza ku bantu bahanutse ku igorofa ya 2 I Nyabugogo mu mubyigano w’abashakaga gusuhuza Perezida Kagame

Date:

Related stories

spot_imgspot_img

Umujyi wa Kigali watangaje ko abantu 12 bakomeretse ubwo bahanukaga ku igorofa rya kabiri ahazwi nko ku Mashyirahamwe i Nyabugogo, bashaka kureba Umukuru w’Igihugu kugira ngo bamusuhuze.

Abaturage benshi bari bahagaze mu igorofa aho bari bitegeye umuhanda bategereje ko Perezida Kagame wari uvuye mu ruzinduko mu Karere ka Rubavu ahanyura. Mu gihe yari amaze kuhanyura abaturage bose bashakaga kumureba, babyiganye begamira ibyuma bifata abantu [garde-fou] biracika, bitura hasi.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Umujyi wa Kigali ryihanganisha abakomeretse ndetse rikavuga ko bari kwitabwaho.

Ati “Muri iyi mpanuka hakomeretse abantu 12 barimo abagore bane n’abagabo umunani. Babiri bararembye cyane, barimo kwitabwaho mu bitaro bya CHUK, Umujyi wa Kigali ukaba ukomeza kubakurikiranira hafi.”

Iyi mpanuka yabaye ahagana saa Kumi n’Ebyiri n’iminota 15.

Source: Amazuku

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here