20.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruHaratabarizwa bagore bakomeje kuburira ubuzima mu makimbirane ashingiye ku mitungo

Haratabarizwa bagore bakomeje kuburira ubuzima mu makimbirane ashingiye ku mitungo

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Amakimbirane yo mu miryango kenshi ashingira ku mirage n’imitungo aza imbere mu bikurura ihohoterwa rishingira ku gitsina abagore bababariramo kurusha abandi ndetse rimwe na rimwe bikarangira babiburiyemo ubuzima.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Imiryango itari iya leta ikomeje gutanga intabaza ku bw’ibikorwa by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyane cyane mu bice by’icyaro usanga kenshi biterwa no kurwanira imirage n’imitungo.

“Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ritangiye kuba akarande, abagore benshi baragenda baburira ubuzima muri ubu bwicanyi budafite impamvu, imibare y’abagore bicwa n’abagabo babo iragenda yiyongera, abayobozi bakwiye gufata ingamba zikomeye zo guhangana n’iki kibazo,” ni ko Umurerwa Ninette, umunyamabanga nshingwabikorwa wa Haguruka, umuryango uharanira uburenganzira bw’abagore n’abana, abivuga.

Umurerwa avuga ko ibikorwa byinshi by’ihohoterwa biterwa no kuba abagize imiryango cyangwa abashakanye bananirwa kumvikana ku wo ukwiye kwitwa nyir’umutungo.

Icyakora, ivugurura ry’amategeko arimo iry’umurage n’umunani, itegeko ry’umuryango n’iry’ubutaka aha abagore uburenganzira bungana n’ubw’abagabo mu kugabana umutungo byazaniye ibibazo abagore kurusha ibisubizo byabazaniye.

Kubera uburyo aya mategeko byitwa ko ajyana n’igihe kandi akaba ahabanye n’imigirire umuryango mugari by’umwihariko nyarwanda yari isanganywe mu muco, yagiye ateza ukutumvikana hagati y’ababiri bashakanye binasiga bamwe mu bagabo bambuye abagore babo ubuzima.

Nibura umwe mu bagore batatu avuga ko yagiriwe ihohoterwa ribabaza umubiri we arikorewe n’umugabo mu gihe 46% by’abagore bashatse bavuga ko bakorewe ihohoterwa ribabaza imibiri, irishingiye ku gitsina ndetse n’iribabaza amarangamutima babikorewe n’uwo bashakanye nk’uko imibare yo mu Ibarura ry’Abaturage n’Ubuzima riheruka ibigaragaza.

Mu birego byanditswe ku rubuga rwa murandasi rw’Ubushinjacyaha bwa Repubulika bikaba byaragenjwe ndetse bikanaburanishwa muri uyu mwaka, ibirego bivugwamo abagabo bishe abagore babo bakabicana ubugome ndengakamere biza ari byinshi kurusha ibyaburanishijwe mu zindi manza nshinjabyaha byose.

Muri izi manza zose, ubu bwicanyi usanga ari ubwakozwe bwagambiriwe kuko hari n’aho abicanyi bishyikirizaga inzego z’ubutabera bakiyemerera ko ari bo bashyize mu bikorwa ubu bwicanyi.

Ku itariki ya 28 Werurwe uyu mwaka, urukiko rukuru rwa Rubavu rwaburanishije urubanza rw’umugabo wishe umugore we akoresheje icupa nyuma yo kumutemagura ibice by’umubiri hanyuma akamwinjiza icupa mu bice bye by’ibanga.

Kuri uwo munsi kandi Urukiko Rukuru rwa Rusizi rwaburanishaga urubanza rw’umugabo wicishije umugore we ishoka. Ngo kuri uwo munsi nyamugore bari bamaze imyaka 15 bashakanye yamusabye amafaranga yo guhahisha ibyo kurya maze undi ntiyayamuha, hanyuma baterana amagambo mu ntonganya ariko zitatinze.

Uyu mugabo ngo yategereje ko bwira maze ahengera umugore asinziye maze aramusumira amwasa ishoka araca. Yabwiye abashinjacyaha ko yari yanagambiriye kwica abana bane bose babyaranye gusa ubwo yinjiraga mu cyumba cyabo, yasanze umwe muri bo akiri maso, ngo icyo ni cyo cyabarokoye.

Ibi byaje bikurikira inkuru yaciye igikuba mu batuye mu murenge wa Rusororo mu mujyi wa Kigali aho abahatuye babyukiye ku nkuru y’umugabo waciye umutwe umugore we kandi akabikorera mu maso y’abana babo.

Nk’uko Umuryango Mpuzamahanga w’Umurimo ubivuga, mu karere, abagore b’Abanyarwandakazi bari mu bishimira ku kigero cya 83.8% uburenganzira bahabwa n’amategeko, bakaza imbere y’abo mu bihugu bya Uganda aho bihagaze kuri 81.3%, Tanzania na ho bikaba 81.3% muri Kenya ni 80.6%, muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo ni 78.8%, i Burundi bikaba 76.3% mu gihe muri Sudani y’Epfo ari 67.5%, nk’uko byerekanwa na World Bank Group’s Women, Business and the Law Index.

Ku kigereranyo, muri Afurika yo mu nsi y’ubutayu bwa Sahara, abagore bishimira amategeko agena uburenganzira bwabo ku kigero cya 72.6% mu gihe muri Afurika y’Uburasirazuba n’iy’Amajyepfo ho ari 74.1%.

U Rwanda ruri mu bihugu bishimirwa mu biza imbere ku isi ingufu bishyira mu guteza imbere uburinganire hagati y’abagabo n’abagore bishingira ku bipimo bine ari byo uburenganzira bwo gutura no kujya aho umuntu ashaka, akazi, urushako ndetse n’imitungo.

Bivuga ko bafite uburenganzira bungana n’ubw’abagabo kandi amategeko akabafata kimwe na bo muri ibyo.

Icyakora u Rwanda rwatunzweho urutoki ku gipimo cy’uburenganzira buhabwa ababyeyi, muri raporo y’umwaka ushize ivuga ku mategeko agira ingaruka ku bagore batwite ndetse na nyuma yo kubyara.

Ibiruhuko bihabwa abagore babyaye cyangwa abagabo bafite abagore bakibyara ni ikintu cyafasha guha agaciro no kugabana hagati y’abashakanye imirimo yo mu rugo itishyurirwa.

Haratabarizwa bagore bakomeje kuburira ubuzima mu makimbirane ashingiye ku mitungo

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here