25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomePolitikeHari abakandida bane muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batangiye gusaba ko...

Hari abakandida bane muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batangiye gusaba ko amatora yahindurwa imfabusa

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Abakandida bane biyamamarije kuyobora RDC barimo Martin Fayulu umukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Denis Mukwege watsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel, Floribert Anzuluni ukuriye ishyaka rya Altenative Citoyenne na Pasiteri Theodore Ngoy, basohoye itangazo basaba ko amatora yabaye ku wa Gatatu ahindurwa imfabusa. 

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Iri tangazo barisohoreye mu murwa mukuru wa Kinshasa, bavuze ko uyu mwanzuro bawufashe bitewe n’uko mu duce tumwe na tumwe hari aho amatora yatinze kuba bitewe n’ibibazo bya tekenike n’ibikoresho.  

Hari uduce two muri iki gihugu aho ibikoresho by’amatora byashwanyagujwe n’abantu barakaye barimo bamagana ukuntu aya matorwa ari gukorwa. 

Zimwe mu ndorerezi zireberera aya matora zivuga ko hafi 60% by’ibiro by’amatora byafunguye bikerewe, kandi ko nibura 30% by’ibikoresho byakoreshejwe muri aya matora bitakoraga. Nyamara nyuma y’aya matora Leta ya DRC yasohoye itangazo ishimira abatoye bose. 

Umuvugizi wa Leta ya Congo, Patrick Muyaya, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu, nyuma y’uko amatora arangiye, yasohoye itangazo rigenewe abanyamakuru, yamagana ibikorwa byo kwangiza no gushwanyaguza ibikoresho by’amatora byabaye mu bice bimwe by’iki gihugu ndetse asaba Polisi n’Ubucamanza gukurikirana ababigizemo uruhare. 

Nyuma y’uko hari abantu batatse bimwe mu biro by’amatora bagashwanyaguza ibikoresho, Umukuru w’akanama k’amatora, Denis Kazadi, yijeje ko ibiro by’amotora bitafunguye ku munsi w’amatora ko biteganyijwe ko biza gufungura kuri uyu wa Kane. 

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here