24.4 C
Africa
Vrydag, Januarie 16, 2026
HomeImyidagaduroI Nairobi hagiye kubera iserukiramuco rishya rya sinema ya gikirisitu rigamije komora...

I Nairobi hagiye kubera iserukiramuco rishya rya sinema ya gikirisitu rigamije komora imitima ya benshi

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Mu mujyi wa Nairobi muri Kenya, hagiye gutangizwa ku mugaragaro iserukiramuco rishya rya sinema ya gikirisitu ryiswe Christian International Film Festival Africa (CIFFA), rigamije gukoresha filime nk’inzira yo kugeza ubutumwa bw’ukwizera, indangagaciro n’ihumure ku mitima ya benshi.

Iri iserukiramuco ryatangiye ku wa 20 Ukuboza 2025, ribera muri Nairobi Chapel ku muhanda wa Kiambu Road, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye. Iri serukiramuco ryashizweho nk’urubuga rushya rushyira hamwe abakora filime zishingiye ku kwizera, hagamijwe gusubiza sinema ya gikirisitu mu mwanya wayo nk’ahantu hahurira abantu, habafasha gutekereza ku buzima, ku by’umwuka no ku ndangagaciro zishingiye kuri Kristo.

Abategura CIFFA bagaragaje ko iri serukiramuco rigamije no gushishikariza abakora filime kuzamura ireme ry’inkuru zivuga ku kwizera, zigatambuka mu buryo bufatika, bujyanye n’ibihe, kandi bugera ku bantu batandukanye. Insanganyamatsiko y’iserukiramuco rya mbere ni Gucungurwa (Redemption), ishingiye ku gutanga icyizere, imbabazi no kongera kubaka ubuzima.

Muri filime zerekanwe mu itangizwa rya CIFFA harimo Home for Christmas yo muri Kenya, Get Rich Quick yo muri Uganda, Fisherman yo muri Ethiopia, Dusty Dreams na Blur zo muri Nigeria, ndetse na Haven yo mu Bwongereza, zose zigaruka ku nkuru zifite aho zihurira n’ukwizera n’impinduka z’ubuzima.

Uretse kureba filime, iri serukiramuco ryashyize imbere ibiganiro byimbitse hagati y’abakora filime n’abazireba. Ibi biganiro byafashije abitabiriye gutanga ibitekerezo byabo ku byo bifuza kubona muri sinema ya gikirisitu, no kuganira ku buryo inkuru zishingiye ku kwizera zakorwa mu buryo burushijeho kuba bwiza kandi bufite ireme.

CIFFA yashinzwe na Abel Waweru, umunya-Kenya ukora filime akaba n’umwanditsi wazo, ufite uburambe burenga imyaka 13 mu mwuga wa sinema n’itangazamakuru. Waweru, wize muri Kings Bible College, avuga ko igitekerezo cyo gutangiza iri serukiramuco cyavuye ku gushaka guhuza umwuga we n’ukwizera kwe, afatanyije na Peter Mudamba na Matrid Nyagah mu guteza imbere icyerekezo cyaryo.

Filime Home for Christmas ya Fred Makori wa Picha Safi ni yo yafunguye iri serukiramuco, ishimangira intego yaryo yo kugaruka ku mbabazi, kongera kubaka ubuzima n’indangagaciro zishingiye kuri Kristo.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here