Itariki ya 14 gicurasi umunsi mukuru w’umubyeyi w’umumama ni umunsi w’izihizwa ku isi yose aho abafite ababyeyi babifuriza umunsi mwiza , babasura , babaha impano ,ndetse ababa bari kure barabahamagara , bakaboherereza impano zabo kumbugankoranyambaga ndetse kugirango n’abandi bababone bakabashyira ku ma status ayabo.
Ese koko umubyeyi Mama akwiriye kubahwa muri ubu buryo ?
Yego wabyumvise neza rwose , uyu mubyeyi abazi gusesengura bazi ko nta jambon a rimwe wabona umusobanuramo kubera ibyo akora mubuzima bwe ndetse akagera n’ubwo yitanga agakora ibyo abantu babona ko bidashoboka .
Kuri uyu munsi ibitaro byita kubagore bizwi nka La Croix Du Sud ,cyangwa kwa Nyirinkwaya ,byagiye gusura umwana w’umukobwa wahavukiye bwa mbere mu mwaka 1995.
📰 Also Read This:
Umuhoza Sandrine akaba ari umwana wavukiye muri iri vuriro bwa mbere rigitangira ndetse kurubu arubatse ndetse nawe yaribarutse , sibyo gusa kuko Umuhoza umwana we w’imfura nawe yamubyariye kuri iri vuriro ndetse igitangaje bombi babyazwa na Nyirinkwaya .
Ku munsi w’ejo Nyirinkwaya naba muherekeje bakaba barafatanyije na Umuhoza maze bamwifuriza umunsi mukuru mwiza w’aba Mama .






