18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruIbitero ku Mupaka wa Kamanyola byangije umunara w’Itumanaho, abaturage mu gihirahiro

Ibitero ku Mupaka wa Kamanyola byangije umunara w’Itumanaho, abaturage mu gihirahiro

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

 

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Amakuru ava mu Kibaya cya Rusizi akomeje kugaragaza ihungabana rikomeye mu mutekano, nyuma y’uko umunara wa Vodacom wangiritse bikomeye kubera ibisasu by’amasasu manini bivugwa ko byarashwe , ni ngabo z’u Burundi.

Ibyo byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 5 Ukuboza 2025, ahagana saa mbili n’iminota 11 za mu gitondo ku masaha ya Minembwe na Bukavu, ubwo ibisasu byaturitse n’ubukana bwinshi byangiza bikomeye umunara w’itumanaho wa Vodacom.

Amakuru yatangajwe n’ ababonye ibi bemeje ko ibyo bisasu byaturutse ku ngabo z’u Burundi ziri ku butaka bwabo, zifite ibibunda bikomeye bishobora kurasa intera ndende bigera ku butaka bwa RDC.

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umunara utumukamo umwotsi mwinshi uhinguka mu mpande zose, bigaragaza ubukana bw’icyo gitero.

Umunara wari mu gace ka Kamanyola, hagati ya Ngomo na Kamanyola, ahazwi nko kwa Gasumari,ahantu hafatiye runini mu itumanaho ndetse n’ubucuruzi bw’ako gace.

Ku wa Kane, tariki ya 4 Ukuboza 2025, ibisasu nabwo byari byashegeshe umuyoboro w’amashanyarazi, binangiza insinga zo gutanga umuriro bitera iturika n’ibura ryawo mu bice byinshi bya Kamanyola.

Ibi bikorwa bikomeje guteza impagarara ndetse n’ihungabana mu baturage, mu gihe inzego z’umutekano za AFC/M23 zikomeje kugenzura uko ibintu bihagaze no kureba ingaruka zishobora gukomoka kuri ibi bitero bikomeje kwibasira ibikorwa remezo by’ingenzi.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here