24 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomePolitikeIfatwa rya Aubin Minaku ryongeye guteza impaka ku iyubahirizwa ry’amategeko muri RDC

Ifatwa rya Aubin Minaku ryongeye guteza impaka ku iyubahirizwa ry’amategeko muri RDC

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

 

Ihuriro rya politiki Sauvons la RDC riratabaza nyuma y’ifatwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Aubin Minaku Ndjalandjoko, rivuga ko iri fatwa ryakozwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi rishyira mu kaga ihame ry’igihugu kigendera ku mategeko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 20 Mutarama 2026, ryashyizweho umukono ku wa 19 Mutarama, Sauvons la RDC ivuga ko Aubin Minaku, wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ndetse akaba n’umuyobozi mukuru muri PPRD no mu ihuriro FCC, yafashwe mu buryo bukakaye iwe mu rugo, ajyanwa ahantu hatazwi.

Iri huriro rivuga ko Minaku yatwawe mu ijoro, abikorewe imbere y’umugore we, kandi ko kugeza ubu aho afungiwe hatazwi, ibintu byateje impungenge zikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi no mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu.

Sauvons la RDC isobanura ko iri fatwa rifite ishingiro rya politiki, ikemeza ko ari igikorwa kigamije gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi, by’umwihariko bitewe n’uko Minaku yagiye agaragara ayobora ibirori byo kunamira intwari z’igihugu, zirimo Patrice Emery Lumumba na Mzee Laurent-Désiré Kabila.

Mu magambo akakaye, iri huriro rivuga ko ibi byabaye byerekana ko RDC iri kwitandukanya n’indangagaciro za demokarasi, aho ubwisanzure butakiri uburenganzira busesuye, ahubwo bwahindutse ikintu gishingiye ku bushake bw’abari ku butegetsi.

Rivuga kandi ko inzego za Leta zafashwe bugwate, zigakoreshwa mu nyungu za politiki aho gukorera abaturage, bigatuma igihugu kijya mu murongo w’akarengane n’igitugu.

Ihuriro Sauvons la RDC risaba ko Aubin Minaku Ndjalandjoko arekurwa ako kanya nta mananiza, rikanasaba umuryango mpuzamahanga, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu n’abafatanyabikorwa ba RDC, gushyira igitutu ku butegetsi bwa Kinshasa kugira ngo hubahirizwe amategeko n’amahame ya demokarasi.

Kugeza ubu, nta tangazo ryigeze ritangwa n’inzego za Leta risobanura impamvu z’ifatwa rya Aubin Minaku cyangwa aho afungiwe, ibintu bikomeje kongera impungenge mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi no muri sosiyete sivile.

Mu gihe iri huriro rikomeje gusaba irekurwa rye, iki kibazo cyongeye gushyira ku murongo w’ibiganiro ikibazo cy’iyubahirizwa ry’amategeko, ubwisanzure bwa politiki n’umutekano w’abanyapolitiki, mu gihugu gikomeje kugaragaramo umwuka mubi wa politiki n’ubwumvikane bucye mu nzego za Leta.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here