Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ubutumwa bwerekana icyerekezo cyaryo cya politiki n’imiyoborere mu bice rivuga ko byabohowe, rishyira imbere gusubiza icyubahiro cy’umuturage wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no kuisanisha n’ubuzima bwa buri munsi bw’abaturage.
Ubu butumwa bwashyizwe hanze ku rubuga rwa X (hahoze ari Twitter), bukaba bwaragaragaje neza ko intego nyamukuru y’ihuriro ari ugukemura ikibazo cy’ubuyobozi mu buryo bufatika kandi bushingiye ku baturage.
Mu butumwa bwabo, AFC/M23 bwavuze ko icyubahiro cy’abantu kitavuka ku bw’impanuka, ahubwo gishingira ku byemezo bya politiki bifite ubutwari kandi bishyirwa mu bikorwa. Bwanenze Leta ya Kinshasa ku kuba yararetse inshingano zayo z’ibanze, igashyira imbere inyungu z’abayobozi aho gushyira umuturage ku isonga.
Iri huriro ryavuze ko mu gihe cy’ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi, umuturage wa Congo yahinduwe indorerezi y’amagambo adafite ibikorwa, mu gihe umutekano muke, ubukene n’isebanya byakomeje kwiyongera. Icyubahiro cy’ikiremwamuntu, nk’uko AFC/M23 ibivuga, cyatambamiwe n’inyungu za ruswa, kudahana no kubungabunga ubutegetsi bushingiye ku macakubiri.
Nk’uko ubu butumwa bukomeza buvuga, mu bice byabohowe AFC/M23 yafashe icyemezo cyo gushyira icyubahiro cy’umuturage ku mutima w’ibikorwa byose bya Leta. Ntabwo ari intero y’amagambo gusa, ahubwo ni ingamba zifatika zishingiye ku bisubizo bigaragara mu buzima bwa buri munsi bw’abaturage.
Ihuriro rya AFC/M23 ryasobanuye ko umutekano ariwo shingiro ry’ibindi byose. Nta terambere ry’ukuri, nta mibereho myiza, kandi nta bumwe bw’igihugu bushobora kugerwaho hatabayeho ituze rirambye.
Mu bice byabohowe, iri huriro ryashyize imbere kugarura umutekano, ituze n’icyizere hagati y’abaturage n’inzego zibayobora, rigaragaza ko ituze ari intambwe ya mbere mu kongera kubaka igihugu gifite ubuyobozi bukora neza.
AFC/M23 ivuga ko icyubahiro cy’umuturage gishingiye ku nkingi esheshatu z’ingenzi. Izi nkingi zigamije gusubiza abaturage uburenganzira bwabo bw’ibanze no kubafasha kwiyubakira ubuzima bwiza mu bice byabohowe. Izi nkingi ntabwo ari amagambo gusa, ahubwo ni ibikorwa bifatika bigamije gukemura ibibazo by’abaturage mu buryo burambye.
Inkingi ya mbere ni ubwigenge mu biribwa, aho AFC/M23 yashyize imbaraga mu guca inzara no kongera ubuhinzi n’ubucuruzi. Ibi byafashije abaturage kubona ibiribwa bihagije, bigatuma bava mu kwishingikiriza ku nkunga zidahoraho, bikanatuma bagira ubushobozi bwo kwigenga mu buzima bwa buri munsi.
Inkingi ikurikiyeho ni amazi meza kuri bose n’amashanyarazi nk’inkingi y’iterambere n’umutekano. AFC/M23 yagaragaje ko amazi atari iby’agatangaza ahubwo ari uburenganzira bw’ibanze n’igikoresho cy’iterambere, mu gihe amashanyarazi azamura ubukungu, arinda umutekano kandi agaragaza ko ubuyobozi bukora. Ibi byose bifasha mu kugarura icyizere mu baturage no guteza imbere ubuzima bwabo.
Izindi nkingi ni amazu n’imihanda, ubuvuzi n’uburezi. Guhuza abaturage no kubatuza mu mazu neza bifasha mu kugarura ubumwe bw’igihugu, mu gihe ubuvuzi busubiza agaciro ubuzima bw’abaturage.
Uburezi, ku rundi ruhande, ni ishoramari ry’igihe kirekire rituma urubyiruko rwitegura ejo hazaza h’igihugu gifite ubushobozi bwo kwigenga no kurinda inyungu zacyo. Ibi byose hamwe bigaragaza ko AFC/M23 ishaka gushinga imiyoborere ishingiye ku bikorwa bifatika n’icyubahiro cy’abaturage.
Mu gusoza ubutumwa kuri X, AFC/M23 yagaragaje ko icyubahiro cy’umuturage wa Congo atari impano igomba gusabwa, ahubwo ari uburenganzira bw’ingenzi kandi butavogerwa, kandi ko mu bice byabohowe, ubwo burenganzira buri mu nzira yo kuba impamo.



