39.8 C
Africa
Dinsdag, Februarie 3, 2026
HomeAmakuruImirwano ikaze ,Drone ya FARDC yahanuwe ,ingabo z' u Burundi zikubitirwa i...

Imirwano ikaze ,Drone ya FARDC yahanuwe ,ingabo z’ u Burundi zikubitirwa i Luvungi

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

 

Ingabo za AFC/M23 zikomeje guhangana n’ingabo za FARDC n’abazifasha mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki ya 4 Ukuboza, uyu mutwe watangaje ko warashe ukamena drone y’intambara yo mu bwoko bwa CH-4, yari iya FARDC ariko ikaba ngo yari yaturutse mu gihugu cy’ u Burundi.

Amakuru aturuka ahabereye imirwano avuga ko iyi drone yahanuriwe ku musozi wa Ngomo, aho yayoborwaga mu gikorwa cyo kurasa imbunda nini ya M23 iri kuri uwo musozi. Iyi ni drone ya gatatu yo muri ubu bwoko imaze ku manurwa.

Operasiyo y’Abakomando ya M23 yasize ihitanye ingabo nyinshi z’u Burundi

Nyuma y’imirwano ikaze yabaye ku wa Gatatu tariki ya 3 Ukuboza mu bice bya Kamanyola na Katogota muri Kivu y’Amajyepfo, amakuru yizewe avuga ko AFC/M23 yakoze operasiyo ya gikomando mu masaha y’ijoro, igaba igitero ku birindiro by’Ingabo z’u Burundi biherereye i Luvungi.

Iyi operasiyo bivugwa ko yasize abasilikare benshi b’u Burundi bishwe hakoreshejwe intwaro gakondo, mu gihe abandi babarirwa mu ijana bafashwe mpiri.

Intambara yakomeje no ku wa Kane

Mu rwego rwo kwihimura, Ingabo z’u Burundi ku wa Kane zarashe ibisasu mu bice bitandukanye bigenzurwa na AFC/M23, cyane cyane mu mujyi muto wa Kamanyola. Ibi bisasu byangije amazu y’abaturage, bihitana bamwe abandi barakomereka.

Amakuru agezweho avuga ko imirwano yo kuri uyu wa Kane yasize AFC/M23 yigaruriye uduce twa Butuzi na Kahembe two muri Chefferie ya Kaziba. Mu masaha y’umugoroba, abarwanyi bayo bari bamaze kugera no mu gace ka Nubumbu, kari hafi y’utundi duce twa Luvungi na Lubalika.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here