Umutwe wa M23 watangaje ko ku wa Gatatu, tariki ya 25 Gashyantare 2026, ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zatangije ibitero bikomeye mu bice bitandukanye by’uburasirazuba bw’igihugu, uvuga ko ari indi ntambwe igaragaza kwiyongera kw’imirwano.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’uyu mutwe, uvuga ko ingabo zifatanyije na Leta ya Kinshasa zakoresheje drones z’intambara n’intwaro ziremereye zirimo imbunda za rutura, mu bitero byagabwe ku duce dutuwe n’abaturage benshi ndetse no ku birindiro bya M23. Uyu mutwe uvuga ko ibyo bikorwa binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga arengera abasivili mu bihe by’intambara.
Nk’uko M23 ibitangaza, ibi bitero byatangiye mu gitondo cyo kuri uwo munsi, aho saa tatu za mu gitondo (09h00), agace ka Rutigita gaherereye i Minembwe kavugwaho kuba kamwe mu bibasiwe. Nyuma yaho, saa yine n’igice (10h30), ibindi bitero byavuzwe mu gace ka Kitazungura, mu karere ka Kalehe, mbere y’uko saa sita zuzuye (12h00) havugwa ibitero mu gace ka Rugezi no mu nkengero zako, na ho muri Minembwe.
Umutwe wa M23 uvuga ko ibyo bitero byateje ingaruka zikomeye, zirimo impfu z’abaturage, inkomere, ndetse n’abasivili benshi bahungiye mu bindi bice batinya umutekano wabo. Uyu mutwe uvuga ko ibi bishobora kongera ubukana bw’ikibazo cy’ubutabazi kimaze igihe cyugarije uburasirazuba bwa Congo.
Ku ruhande rwa Leta ya RDC, nta tangazo riratangazwa ku mugaragaro risubiza ibyo birego. Gusa ubuyobozi bwa Kinshasa busanzwe bushimangira ko ibikorwa bya gisirikare bugamije kurinda ubusugire bw’igihugu no kurwanya imitwe yitwaje intwaro ikorera muri ako karere.
Ibi bitero bivuzwe mu gihe imbaraga z’amahanga n’imiryango mpuzamahanga zikomeje gushaka uko impande zihanganye zahagarika imirwano, hagamijwe kugabanya ububabare bw’abaturage no gushaka igisubizo kirambye ku makimbirane amaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa RDC.



