Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese yifuza gukundwa no guhabwa agaciro. Abagore, kimwe n’abagabo, bifuza kubahwa no kwiyumva bafite agaciro mu muryango nyarwanda, aho icyubahiro n’imico myiza bifatwa nk’inkingi z’ubuzima bwa buri munsi.
Muri iki gihe, kuba mwiza cyangwa kugira impamyabumenyi gusa ntibihagije. Icy’ingenzi kurushaho ni indangagaciro ugenderaho. Umugore ufite indangagaciro zo hejuru amenya agaciro ke, arinda umwanya we kandi yubaka ubuzima bujyanye n’ibyo yemera. Si ukwishyira hejuru cyangwa kwigira ntibindeba, ahubwo ni ukugira intego, kwimenya no kwifata mu buryo wiyubaha kandi wemerera abandi kukubaha.
1. Kwiyubaka mu marangamutima no mu bitekerezo
Kimwe mu bimenyetso bigaragara by’umugore ufite indangagaciro zo hejuru ni gukura mu marangamutima. Ibi bisobanura kumenya uko yiyumva, kugenzura stress no kumenya igihe cyo kwitandukanya n’ibimutesha amahoro.
Abagore benshi baba bafite ibikomere byatewe n’imibanire mibi, ibibazo by’imiryango cyangwa ingorane z’ubukungu. Umugore wiyubaha ahitamo gukira aho guhora mu rwango. Yiyigisha kuvuga amagambo meza ku mutima we, akiyibutsa agaciro ke, bigatuma yiyizera kandi ntakomeze gushaka kwemezwa n’abandi.
Gufata umwanya wo gusenga, kwandika ibitekerezo, gusoma cyangwa gutekereza atuje byubaka imbaraga zo mu mutima zimufasha gufata ibyemezo byiza mu rukundo, mu nshuti no mu kazi. Kwiyubaka mu marangamutima kandi bisobanuye gushyiraho imipaka no kurinda ubuzima bwo mu mutwe.
2. Gusobanukirwa ubukungu no kwigenga mu byo ushoboye
Indangagaciro zo hejuru zijyana no gusobanukirwa amafaranga. Si ukuvuga ko umugore agomba kuba umukire, ahubwo ni ukumenya gukoresha no gutegura ibyo afite.
Abagore benshi bagaragaza ko bashobora kwigurira ibyo bakeneye, kwishimira gusohoka bonyine no kwiyitaho. Ibi bitanga ubutumwa bukomeye ko batari mu bukene bwo gushakisha ubuzima ku bandi.
Kutagira ubwigenge mu bukungu bituma bamwe bagwa mu mibanire ibatesha agaciro. Umugore ufite indangagaciro arakora, arazigama kandi agategura ejo hazaza, yaba mu bucuruzi buto, akazi gasanzwe cyangwa indi mirimo imwinjiriza. Iyo ushoboye kwiyitaho, uhitamo umubano ukurikije icyifuzo n’agaciro, si ukubura uko ubaho.
3. Kwishimira umwanya wawe
Umugore wiyubaha yishimira kuba ari wenyine igihe bibaye ngombwa. Kwifatira ikawa, kujya gusohoka, kureba filime cyangwa gutembera wenyine byubaka kwikunda no kwiyizera.
Iyo wishimira umwanya wawe, ntiwemera gusuzugurwa ngo wirinde irungu. Nubwo hari igitutu cy’imibereho n’ibibazo by’abantu baguhatira kwihuta mu rukundo, umugore ufite indangagaciro azi ko amahoro aruta umubano umutesha umutwe. Ahitamo gutegereza aho kwihutira gufata icyemezo azicuza.
4. Imyifatire, imvugo n’imyambarire byubahiriza icyubahiro
Indangagaciro z’umugore zigaragarira mu myifatire ye ya buri munsi. Si imyenda ihenze cyangwa kwisiga cyane, ahubwo ni isuku, icyizere n’uko yiyumva mu ruhu rwe.
Uburyo avuga bufite akamaro kanini. Umugore wiyubaha ntiyituka, ntiyisabira kwitabwaho kandi ntiyemera gusuzugurwa. Iyo yifashe neza, avuga atuje kandi agenda afite icyerekezo, bituma afatwa nk’ufite agaciro kandi wubashywe aho ari hose.
5. Guhitamo umubano ufite ireme aho gushaka kwitabwaho
Umugore ufite indangagaciro ntiyirukira gushaka kwemezwa n’abandi. Ahitamo umubano ufite ireme, haba mu nshuti, mu rukundo cyangwa mu kazi, aho kwishimira abantu benshi bamwitaho batamwubaha.
Amenya igihe cyo kwitandukanya n’abantu cyangwa imibanire imutesha agaciro, igihe cyo guceceka n’igihe cyo kwibanda ku ntego ze. Ashyira imbere amahoro, iterambere n’icyubahiro aho gushimishwa no kwitabwaho by’igihe gito.
Umwanzuro
Kuba umugore wiyubaha kandi ufite indangagaciro zo hejuru si ukwishyira hejuru, ni ukwiyitaho no kwimenya. Iyo wita ku bitekerezo byawe, ku bukungu bwawe, ku mahoro yawe no ku iterambere ryawe, ukurura amahirwe meza, inshuti nziza n’imibanire irambye. Ibyo ni byo bisobanura mu by’ukuri kuba umugore wiyubaha.



