27.7 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeUrukundoImyaka 40 baratandukanye, umwana batari bazi arabahuza_Inkuru y'urukundo irimo isomo rikomeye 

Imyaka 40 baratandukanye, umwana batari bazi arabahuza_Inkuru y’urukundo irimo isomo rikomeye 

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Mu 1967, Kevin Carroll na Debbie Webber bari ingimbi biga mu mashuri atandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Bahujwe n’urukundo rw’ikinamico, bombi bakina mu matsinda y’ikinamico y’ishuri. Urukundo rwabo rwahise rutangira gukura, banatekereza ejo hazaza hamwe nubwo bari bakiri bato.

Ariko ibyishimo byabo byahungabanye ubwo Debbie yamenyaga ko atwite. Ababyeyi be bamushyigikiye, ariko hafashwe icyemezo cyo kumujyana mu kigo cyakira abagore batwite bonyine. Kevin, wari ufite imyaka 17, yagiye mu gisirikare kugira ngo ategure ejo hazaza, ariko Debbie yafashe icyemezo cyo gutanga umwana ku muryango wari witeguye kumurera.

Imyaka yarashize, buri wese yubaka ubuzima bwe. Kevin yoherejwe mu ntambara ya Vietnam, agira ibikomere byinshi, Debbie we yimukiye ahandi atangira ubuzima bushya n’abandi bana. Nta n’umwe wari uzi amakuru y’umwana wabo.

Amaherezo, Debbie yabwiye abakobwa be ukuri ku mwana yabyaye akiri muto. Umwe muri bo yaramushatse, abona Val, umukobwa wabo. Guhura kwa Debbie na Val byabaye intambwe ikomeye yo gukira ibikomere by’imyaka myinshi. Val yakiriye nyina nta rwango, amushimira icyemezo yafashe icyo gihe.

Hagati aho, Kevin na Debbie bahuye bwa mbere nyuma y’imyaka irenga 40, bahujwe na Val, banemera gusubirana no kongera kwubaka urukundo rwabo.

Ubu, bageze mu myaka ya 70, bashyingiwe, bishimira amahirwe yo kongera kubana, bakita ku rukundo rwabo no ku muryango wabo. Inkuru yabo ni isomo rikomeye ryo kumenya ko urukundo rushobora gutinda, ariko ntirupfe.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here