Amakuru agezweho aturuka i Washington agaragaza ko Iran ishobora kuba yaramaze kugera ku rwego rwo hejuru mu gutunganya uranium, ku buryo ububiko ifite bushobora gutanga ibikoresho bihagije byo gukora intwaro kirimbuzi zigera ku 11. Ibi byazamuye impungenge ku mutekano w’akarere k’Uburengerazuba bwo Hagati no ku rwego mpuzamahanga.
Ibi byashimangiwe na raporo y’International Atomic Energy Agency (IAEA), igaragaza ko Tehran yongereye cyane igipimo cya uranium itunganyijwe ku rwego rwo hejuru. Nubwo iyo raporo itavuga ko Iran yamaze gukora ibisasu kirimbuzi cyangwa ko ifite umugambi wo kubikoresha, abasesenguzi mu bya gisirikare bavuga ko uru rwego rw’ubushobozi ruyishyira hafi cyane y’icyo bita “nuclear threshold state” igihugu gishobora mu gihe gito cyane kubyara intwaro kirimbuzi mu gihe cyabishaka.
Serivisi za Digital za Afrovera
Dufasha business n’imishinga kugaragara online bin yuze muri serivisi za digital zinoze kandi ku giciro gito cyane.
- ✔ Gukora Website za business & companies
- ✔ Posters & Graphic Design
- ✔ Website Hosting & Domain
- ✔ Gufungura YouTube Channels za business

Gahunda ya nukleyeri ya Iran imaze imyaka irenga ibiri iteye impaka mu ruhando mpuzamahanga. Mu 2015, amasezerano ya Joint Comprehensive Plan of Action (JCPOA) yari agamije kugabanya no kugenzura ibikorwa bya Tehran mu rwego rwa kirimbuzi. Ariko mu 2018, Amerika yikuye muri ayo masezerano, bituma umwuka mubi wiyongera ndetse Iran itangira kongera ibikorwa byo gutunganya uranium.
Mu gihe impaka ku ntwaro kirimbuzi zikomeje, Iran yanatangaje ko yafunze inzira y’amazi ya Strait of Hormuz imwe mu nzira z’ingenzi ku isi mu gutwara peteroli. Iyi nzira inyuzwamo igice kinini cy’amavuta ajya ku masoko mpuzamahanga, ku buryo ifungwa ryayo rishobora guhungabanya ubukungu bw’isi. Ibihugu byinshi byatangiye kwitwararika, mu gihe Amerika yasabye ko ingendo z’amato n’indege muri ako gace zakurikiranwa mu bwitonzi bukomeye.

Abasesenguzi bavuga ko impagarara ziherutse gukara nyuma y’urupfu rwa Ayatollah, ibintu byasize umwuka w’ubwumvikane buke n’ubutumwa bwo kwerekana imbaraga. Hari abemeza ko Tehran ishobora kuba iri gushaka kugaragaza ko ifite ubushobozi bwo kwirwanaho imbere y’ibihugu biyishinja, birimo Amerika na Israel.
Ku rwego rw’ubukungu, impungenge ziriyongera ko izamuka ry’ibi bibazo rishobora gutera izamuka rikabije ry’ibiciro by’amavuta. Ibigo bikomeye mu rwego rwa peteroli nka Saudi Aramco birashobora guhura n’ihungabana rikomeye mu gihe umutekano w’akarere wakomeza kuzamo umwuka mubi.
Mu gihe isi ikomeje gukurikiranira hafi iby’iki kibazo, haribazwa niba impaka za politiki n’igisirikare hagati ya Iran n’ibihugu byo mu Burengerazuba zizakomeza kwiyongera cyangwa niba hazabaho inzira nshya y’ibiganiro. Icyo bigaragara ni uko ibiri kubera mu karere bishobora kugira ingaruka zirenga imipaka yaho, zigahindura isura y’umutekano n’ubukungu ku rwego mpuzamahanga.



