20.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeIbyamamareIri Maso indirimbo igezweho muziri guhembura imitima yabizera - Theophile Twagirayezu

Iri Maso indirimbo igezweho muziri guhembura imitima yabizera – Theophile Twagirayezu

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Theophile Twagirayezu wigishije muri Kaminuza zitandukanye zirimo Mount Kenya, agarutse mu muziki nyuma y’imyaka 15 awuhagaritse, ahita asubiramo indirimbo ye “Iri Maso” ndetse avuga ko afite gahunda yo gukora Album.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

“Iri Maso” ni imwe mu ndirimbo ze zakunzwe cyane mu myaka yashize, akaba ari nayo mpamvu ariyo asubiyemo nyuma yo gufata umwanzuro wo kugaruka mu muziki yaherukagamo mu myaka 15 ishize. Yayisubiyemo kandi ku busabe bw’abakunzi be no kuyikora mu buryo bugezweho bujyanye n’igihe.

Theophile Twagirayezu ni umugabo wubatse warushinze mu kwezi k’Ukuboza mu 2013. Atuye i Rusororo mu Mujyi wa Kigali, akaba asengera muri Assemblies of God mu Gatsata.

Uyu muramyi by’umwihariko akaba ari Umuhungu w’umushumba Pastor Kabandana Claver wabaye umushumba mukuru w’amatorero ya Essembly of God mu Rwanda akaba yaranayoboye iri torero aha muri Paruwasi ya Gatsata ubu akaba ari mukiruhuko k’izabukuru bivuzeko ibyo uyu muhanzi akora byose mw’ivugabutumwa aba afite intero igira iti:”Ibi byose niyemeje gukora mu murimo w’Imana nabyigiye kubirenge by’abatubanjirije ngomba gufasha ababyeyi umurimo w’Imana”.

Yatangiye umuziki mu 2006 kuko aribwo yasohoye indirimbo ye ya mbere.

Ntabwo yatinze mu muziki kuko yakoze indirimbo 2 gusa zabimburiwe na “Iri maso” yaririmbanye n’abanyeshuli biganaga muri St Andre barimo abari bafite amazina akomeye mu muziki wa Gospel muri icyo gihe. Indi ndirimbo ye ni “Ngwino umare inyota” yaririmbanye na Angelique.

Indirimbo ye “Iri maso” yarakunzwe cyane, yiharira amaradiyo ndetse n’insengero zitandukanye. Nubwo inganzo ye yakiranywe yombi n’abakunzi b’umuziki wa Gospel, mu buryo butunguranye yahise ahagarika umuziki, nyuma y’imyaka 2 gusa yari awumazemo.

Mu gihe cya Theophile, abahanzi bari bagezweho mu buryo bukomeye, harimo Patrick Nyamitari, Roger, Bruce (Producer) na Pastor Gaby. Benshi mu bo mu kiragano cye bamaze guhagarika umuziki, abandi bajya mu muziki usanzwe (secular), n’abasigaye muri Gospel bari guseta ibirenge.

Mu kiganiro n’itangazamakuru Theophile Twagirayezu umwe mu banyabigwi mu muziki wa Gospel, yahishuye impamvu yari yarahagaritse umuziki. Ati “Nahagaritse gukora indirimbo mu 2008, ubundi nkayobora kuramya no guhimbaza rimwe na rimwe kubera impamvu z’akazi nafatanyaga n’amasomo”.

Nyuma yo kugaruka mu muziki yari amaze imyaka 15 yarawuteye umugongo, avuga ko ikintu yishimiye ari uko “Abahanzi nyarwanda basigaye ari abahanga mu gukora umuziki w’umwimerere kandi b’ingeri zitandukanye abakuru ni abato”.

Yavuze ko ikindi cyamukoze ku mutima ari uburyo abaramyi basigaye batungwa n’umuziki mu gihe kera bitabagabo. Ati “Icya kabiri ni uko usigaye utunze abantu (Business) ku buryo bugaragara. Icya gatatu, umuziki nyarwanda usigaye ugera no mu bindi bihugu byo mu Karere n’ahandi.”

Icyakora avuga ko hari ibindi abona bigikwiye kongerwamo imbaraga bityo umuziki wa Gospel ukagera mu bushorishori. Ati “Ibyo kongeramo imbaraga ni ugufasha abahanzi kubona amikoro no gukomeza kugira indangagaciro za kinyarwanda”.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here