25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomePolitikeIshyano Perezida Tshisekedi yikururiye ubwo yamaganaga ingabo zose zari mu gihugu cye,...

Ishyano Perezida Tshisekedi yikururiye ubwo yamaganaga ingabo zose zari mu gihugu cye, intandaro yo gutsindwa kwa Politiki ye

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yasezereye ingabo zose zari ziri mu gihugu cyayo zaraje mu butumwa bwo kugarura amahoro, muri iki gihugu bituma izi ngabo zitangira gusubira iwabo zihereye kuzaturutse mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba hanyuma hakurikiraho bamwe mubari bagize MONUSCO 

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Uku kwirukana shishi itabona izi ngabo ku butaka bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, byatumye abaturage batari bake bo mu bice byarindwaga n’izi ngabo batangira gutabaza umutwe wa M23 bazisaba ko baza kubarindira umutekano kuko abagize itsinda rya Wazalendo baramutse baje kuhayobora nta mahoro baba bafite. 

Ibi ni bimwe mubyagarutsweho n’umusesenguzi Onesphore Sematumba ubwo yavugaga ko abona Repubulika ya Demokarasi ya Congo yaribeshye ikemera ko ingabo zari mu burasirazuba bw’iki gihugu zigenda 

Ibi cyakora nti byabahiriye kuko nyuma basabye ingabo z’umuryango w’Abibumbye MONUSCO kubatiza indege yo kwifashisha mu matora ndetse birangira izi ngabo zimwe zongerewe igihe kigera k’umwaka wose zibarizwa ku butaka bw’iki gihugu. 

Onesphore Sematumba  yanongeye ho ko ubutegetsi bw’iki gihugu, bwitwaje ko hari izindi ngabo zo mu muryango wa SADEC, zigiye kuza muri iki gihugu nyamara bakirengagiza ko nta gishya bazanye kirenze ibyo abasirikare bari bahari bakoze. 

Ibi kandi biri kuvugwa mu gihe tariki 15 Ukuboza 2023, Corneille Nangaa wabaye Perezida wa Komisiyo y’Amatora muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, CENI, yatangaje ishingwa ry’umutwe wa politiki ufite igisirikare witwa AFC (Alliance du Fleuve Congo). 

Uyu munyapolitiki, mu ijambo yavugiye mu muhango wo kumurika uyu mutwe wabereye muri Serena Hotel i Nairobi muri Kenya, yatangaje ko uje gusubiza ibibazo by’Abanye-Congo, kugarura ubumwe n’agaciro kabo. 

Yagize ati “Bigaragara ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bwimitse ivanguramoko na ruswa, gusahura umutungo wa rubanda, amacakubiri, gukoresha inzego za Leta, gufunga, kwica…” 

Nangaa yasobanuye ko ashingiye kuri ibi bibazo n’ibindi byinshi we na bagenzi be bafashe icyemezo cyo gushinga uyu mutwe.  

Ati “Dushingiye ku kuba ubutegetsi bwa Kinshasa bwarahisemo kwifashisha imbaraga zo hanze mu nzego z’umutekano zacu, bukifashisha intambara nk’urucuruzo, bugatesha agaciro ingabo za RDC ku nyungu z’abacanshuro b’abanyamahanga n’indi mitwe igamije inabi ikorera mu Burasirazuba, igateza impfu n’akababaro.” 

Yakomeje ati “Dushingiye ku kuba ubutegetsi bwa RDC bwarakandagiye Itegeko Nshinga, amategeko ya Repubulika n’amasezerano mpuzamahanga yose no kuba ubutegetsi bushaka kwiba amatora, bugakora coup d’état y’amatora, duhamagaye imitwe yose ya politiki n’iya gisirikare ngo twunge ubumwe, duhuze imbaraga kugira ngo turandure mu buryo burambye imizi yateye amakimbirane ariho.” 

Nangaa na none ati “Umutwe wacu uzwi nka AFC. Ugizwe n’imitwe ya politiki, za sosiyete sivile, imitwe irinda abaturage, ingabo zo muri RDC, abahagarariye abaturage na diaspora. Ku bakunda igihugu bose bashaka impinduka, turabahamagaye ngo mudakerewe mutwiyungeho, dutabare igihugu cyacu, dushyireho imiyoborere yunze ubumwe, mu bumwe n’amahoro.” 

Nangaa yatangaje ko imitwe ya politiki 17 yamaze kwiyunga kuri AFC. Harimo M23 imaze imyaka ibiri yubuye imirwano mu burasirazuba bwa RDC, nyuma yo gushinja ubutegetsi bwa Tshisekedi ubushake buke mu gukemura ibibazo abaturage bafite, by’umwihariko Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi. 

Uyu munyapolitiki yatangiye kwibasira Tshisekedi muri Werurwe 2023, ubwo yatangazaga ko ari ku butegetsi ataratsinze amatora, kuko ngo yabugiyeho hashingiwe ku biganiro yagiranye n’abarimo Joseph Kabila yasimbuye. 

Icyo gihe, mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru ubwo yari mu buhungiro, yabajijwe niba harabayeho amasezerano amushyira ku butegetsi, agira ati “Ndabyemeza. Ni nde utazi ko habayeho amasezerano?” 

Nangaa yongeye kugaruka mu itangazamakuru muri Kanama 2023, ahamya ko mu basirikare barinda Tshisekedi harimo abo mu mutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda. 

Yagize ati “Ntituzi ubufindo bwabayeho ariko Mai Mai yahindutse Wazalendo. Ikindi hari bamwe mu bagize FDLR barinda Umukuru w’Igihugu; haba i Kinshasa n’i Lubumbashi.” 

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here