24 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomeImyidagaduroItorero ryo muri Amerika rikurikirwa n’abarenga miliyoni 87 kuri YouTube, abakirisitu bakagenda...

Itorero ryo muri Amerika rikurikirwa n’abarenga miliyoni 87 kuri YouTube, abakirisitu bakagenda amasaha 15 bajya kurisengeramo

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

 

Itorero 2819 Church riherereye mu mujyi wa Atlanta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rikomeje kuvugisha benshi kubera umubare munini w’abarikurikirana ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’abaryitabira imihango yaryo imbonankubone.

Nk’uko byatangajwe na CNN, buri cyumweru iri torero ryitabirwa n’abantu basaga 6,000, aho bamwe muri bo bagenda amasaha agera kuri 15 baturutse mu bindi bice bya Amerika kugira ngo baryitabire gusenga.

Ku mbuga nkoranyambaga, 2819 Church rifite igikundiro gikomeye kuko rimaze kurebwa n’abantu barenga miliyoni 87 kuri YouTube, rikaba rikurikirwa n’abasaga miliyoni 1.5 nubwo rifite amashusho atageze kuri 500. Ubutumwa bwaryo bugera mu bihugu birenga 50 ku Isi.

Iri torero riyobowe na Pasiteri Phillip Anthony Mitchell, watangaje ko izina 2819 rikomoka ku murongo wo muri Bibiliya wo mu Matayo 28:19, uvuga ku butumwa bwo kujya mu mahanga yose yigishwa ijambo ry’Imana.

Pasiteri Mitchell yavuze ko iri torero ryibanda ku gutanga ubutumwa bw’icyizere n’ihumure, kandi rikakira abantu b’ingeri zose nta vangura.

Abakirisitu baryitabira bagaragaje ko urugendo rurerure bakora ruba rukwiriye. Umwe yagize ati: “Ndabyuka saa cyenda z’ijoro buri cyumweru.” Undi ati: “Gutegereza ku murongo ntacyo bitwaye, biraruhura umutima.”

No ku mbuga nkoranyambaga, benshi bagaragaje ko impamvu ituma abantu bitanga gutyo ari ukwifuza kumva ubutumwa bwa Yesu Kristo, bemeza ko gusenga bifite agaciro kurusha ibindi byinshi bidafite agaciro.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here