18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruKabare: Abanyeshuri batatu bakomerekejwe n' amasasu mu gihe cy'imirwano

Kabare: Abanyeshuri batatu bakomerekejwe n’ amasasu mu gihe cy’imirwano

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

 

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Abanyeshuri batatu bo ku ishuri riherereye mu Mudugudu wa Mudaka, muri Teritwari ya Kabare mu Ntara ya Kivu y’ Amajyepfo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bakomeretse bikomeye mu mirwano yabaye kuri uyu wa Kane tariki 4 Ukuboza 2025, barashwe n’amasasu mu mirwano yahuje AFC/M23 n’abarwanyi ba Wazalendo mu bilometero bicye uvuye aho iryo shuri riherereye.

 

Radio Okapi dukesha aya makuru ivuga ko amashusho yashyizwe hanze na sosiyete sivile agaragaza abana bahindanyijwe n’amaraso, bamwe barashwe mu gice cy’akaguru no mu rubavu, abandi bahungira munsi y’intebe bafatanyije n’abarimu babo mu rwego rwo kwihisha amasasu yakomezaga kuvuga hanze y’ iryo shuri.

Amakuru avuga ko abanyeshuri bakomeretse bahise bajyanwa ku kigo nderabuzima cya hafi kugira ngo bahabwe ubuvuzi bwihutirwa.

Sosiyete sivile ivuga ko ubwo amasasu yatangiraga kumvikana, mu banyeshuri hagaragaye ubwoba bukabije, bamwe bifungirana mu byumba by’amashuri abandi biruka bashaka aho bahungira.

 

Abaturage begereye ishuri bagaragaje impungenge bavuga ko abana bakomeje kugwa mu bibazo by’intambara irimo kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi mirwano yabereye muri aka gace yongeye kwerekana ukuntu amakimbirane akomeje kwibasira abaturage b’inzirakarengane, cyane cyane abanyeshuri, aho amashuri akomeje kugaragaramo umutekano muke bigatuma bihungabanya uburenganzira bw’umwana.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here