33.6 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomeAmakuruKaminuza y’uRwanda ishami rya Huye yahashwe n’inkongi y’umuriro

Kaminuza y’uRwanda ishami rya Huye yahashwe n’inkongi y’umuriro

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

Inkongi y’umuriro yafashe agace k’inyubako irimo moteri muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye (UR-HUYE), abahegereye bihutira kuhazimya nta kintu kirangirika.

Mu masaha ya saa ine n’igice , inyubako ibikwamo moteri iherereye munsi ya salle ya kaminuza izwi nka Main Auditorium , yafashwe n’inkongi y’umuriro yatewe n’ubwinshi bw’umuriro.

Abiganjemo abakora amasuku n’abacunga umutekano muri Kaminuza bifashishije umucanga n’ibitaka bihutira kuzimya iyo nzu kugira ngo idakongeza Salle ya Kaminuza.

Nyuma y’uko iyi nyubako yari itangiye gucumba umwotsi , umuriro wahise uvanwaho hanyuma bakomeza kuzimya iyi nyubako ari na ko bazana kizimya mwoto batangaje ko umuriro utarafata inyubako ya Auditorium yari irimo abanyeshuli bigaga .

Nubwo iyi nkongi y’umuriro yabaye , nta muntu yahitanye mu gihe ibyangiritse bitari byamenyekana , ariko bikavugwa ko n’iyo byaba ari bicye kuko hari mu nzu ibikwamo moteri gusa .

Latest stories

spot_img