36.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeKatumbi Moïse yatangaje ikintu gikomeye kimubabaza cyane leta ya Congo ikora

Katumbi Moïse yatangaje ikintu gikomeye kimubabaza cyane leta ya Congo ikora

Date:

Related stories

spot_imgspot_img

Moïse Katumbi wiyamamariza kuyobora Repubulika ya demukarasi ya Congo yatangaje ko ababajwe no kuba abasirikare b’abacancuro bakorana n’iki gihugu bahembwa kurusha abacyo bazwi nka FARDC.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Ibi yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023 ubwo yageraga mu mujyi wa Bunia, intara ya Ituri, aho akomereza ibikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, nk’uko ikinyamakuru 7 Sur 7 cyabitangaje.

Katumbi yavuze ko natsinda amatora, azahagarika byihuse intambara imaze igihe kinini muri Ituri na Kivu y’Amajyaruguru. Ati: “Tugiye kurangiza vuba uyu mutekano muke. Tuzakora ikigega cyihariye cy’intambara. Tuzahera muri Ituri na Kivu y’Amajyaruguru. Abantu barababaye cyane, tuzashyiramo miliyari 5 zo kongera kwiyubaka. Mwarababaye cyane, igihe kirageze ngo mwishime.”

Uyu munyapolitiki yagaragaje ko kimwe mu bituma abasirikare ba FARDC n’abapolisi batabasha kuzuza inshingano yo kurinda igihugu uko bikwiye, ari uko bahembwa amafaranga make, agaragaza ko bibabaje kuba bahembwa kurusha abacancuro b’abanyamahanga.

Yagize ati: “Tuzishyura abasirikare n’abapolisi neza. Uyu munsi, abacancuro bahembwa neza kurusha abasirikare n’abapolisi bacu. Ibi birakwiye? Tuzubaha abasirikare n’abapolisi.”

Katumbi ahatanye n’abandi bakandida bakomeye barimo Perezida Félix Tshisekedi, Martin Fayulu uvuga ko ari we watsinze amatora yo mu 2018 na muganga Dr Denis Mukwege wegukanye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Alfred Nobel.

Moïse Katumbi wiyamamariza kuyobora Repubulika ya demukarasi ya Congo

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here